Iserukiramuco ‘Ubumuntu Arts Festival’ rizakorwa hakoreshejwe ikoranabuhanga
Muri iyi minsi isi yose yugarijwe n’icyorezo cya Covid-19, ikoranabuhanga riritabazwa cyane mu bikorwa bihuza abantu benshi. Iserukiramuco rya mbere muri Afurika mu buhanzi n’ubugeni hagamijwe impinduka mu mibereho y’abantu, rizwi nka “Ubumuntu Arts Festival” na ryo uyu mwaka ntirizahagarara, ariko rizakorwa ku buryo bw’ikoranabuhanga.
- Imikino iba igamije kugira impinduka nziza ku buzima bw’abantu
Hope Azeda, ukuriye Mashirika Arts itegura iki gikorwa, yatangarije Kigali Today ko uyu atari umwanya wo gucika intege, ahubwo ko abantu bagomba gutekereza uko bajya bahangana n’ibihe bikomeye, kandi bagakomeza kugera ku ntego zabo.
Yagize ati “Nubwo hajemo imbogamizi, ntabwo twacite intege kuko gukoresha ikoranabuhanga tubifitemo inyungu z’uko ubutumwa bwacu buzagera kuri benshi. Kuri ubu, ibintu byinshi byahuzaga abantu birakoresha ikoranabuhanga.
Natwe twaricaye dusanga tugomba kubibyaza umusaruro, kuko uburyo tuzakoresha buzatuma abantu benshi ku isi bakurikira ibikorwa byacu, kurusha uko byari kubera mu cyumba kimwe gusa”.
Yavuze ariko ko bisaba kubitegura neza, kugira ngo n’abazitabira iki gikorwa bazabashe kumva neza ubutumwa, kandi amashusho ameze neza.
Yagize ati “Ntabwo byoroshye kubitegura, kuko ubu tuzakorana n’ibihugu bigera kuri 15, ariko ntituramenya niba byose bizabasha kwitabira kuko bizaterwa n’uko bahagaze ku bijyanye na interineti. Ntidushaka ko umuntu azajya atangira gahunda, hakaza ibibazo byo gucika kw’amashusho.
Ubu turacyaganira n’ibigo bikomeye bizobereye mu ikoranabuhanga mu bijyanye na “Live Streaming” kugira ngo intego yacu izagereho”.
Insanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti “Stop, Breathe, Live”, mu Kinyarwanda bisobanuye ngo “Hagarara, Uhumeke, Ubeho”.
Hope Azeda, avuga ko iyi bayitekereje barebye uko abantu ku isi babayeho muri iki gihe aho benshi bakora bataruhuka, bamwe bakicwa n’umunaniro, abantu batakigira umwanya wo gutuza ngo bitekerezeho.
Avuga kandi ko hari na byinshi mu bikorwa bya muntu bibangamiye isi, ibidukikije muri rusange, ku buryo abantu bafite ibibazo by’umwuka uhumanye cyane bahumeka.
Umuvuduko w’ikoranabuhanga, na wo ngo utuma abantu babaho ku buryo butabakwiye, aho usanga abana bato bareba amashusho, bumva amajwi arenze ikigero cyabo, ibi bikaba ari ibibazo byahungabanya isi.
- Hope Azeda ukuriye Mashirika Arts itegura Ubumuntu Arts Festival
Hope Azeda mu magambo make yagize ati “Niba na telefone ishiramo umuriro ugakenera kuyicomeka, imodoka yashiramo amavuta ukayongeramo ngo yongere igende, kuki umuntu we atatekereza ko agomba gutuza, agahumeka akongera akabaho neza”?
Hope Azeda, avuga ko ibi byabatunguye ku buryo ubu bongeye gusubira ku baterankunga babafasha muri iki gikorwa, kugira ngo bumvikane ku buryo bw’amafaranga yari yarateganyijwe aziyongera. Gusa avuga ko afite icyizere ko bazabyumva, kuko isi yose ari bwo buryo iri gukoresha.
Amatariki iri serukiramuco rizaberaho ni kuya 17, 18 na 19 Nyakanga 2020, aho buri munsi igikorwa kizajya kimara amasaha abiri. Yavuze ko bagitegura neza iki gikorwa, amasaha kizajya kiberaho akazatangazwa mu minsi mike.
Inkuru bijyanye na: Coronavirus
- Perezida Kagame yayoboye Inama y’Abaminisitiri yize ku kurwanya COVID-19
- Covid-19 iratwegereye cyane, tubyibazeho neza itatwegera kurushaho - Minisitiri Busingye
- Kigali: Polisi yafatiye abantu 13 mu rugo rw’umuturage barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19
- Mu Rwanda abantu 182 babasanzemo COVID-19, abapfuye ni babiri
- Mu Rwanda abantu 277 babasanzemo COVID-19, abapfuye ni babiri
- Mu Rwanda abantu 257 babasanzemo COVID-19
- Nageze ku muryango w’urupfu Imana ikinga akaboko - Ubuhamya bw’uwakize COVID-19
- Mu Rwanda abantu batanu bishwe na #COVID19, habonetse abarwayi bashya 194
- Mu Rwanda abantu batatu bishwe na #COVID19, habonetse abarwayi bashya 172
- #COVID19 : Abarwayi bashya 166 barimo 108 babonetse i Kigali
- Mu Rwanda abantu bane bishwe na #COVID19
- Kicukiro: Abagera kuri 17 bafashwe bakora ibirori urugo baruhinduye nk’akabari
- Umubare w’abarenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 waragabanutse
- #COVID19 : Mu barwayi bashya 169 harimo 125 babonetse i Kigali
- Mu Rwanda abantu batatu bishwe na #COVID19, habonetse abarwayi bashya 93
- MINEDUC: Nta mwana urwarira ku ishuri ngo ajye mu muryango we adapimwe COVID-19
- #COVID19 : Abarwayi bashya 143 barimo 101 babonetse i Kigali
- U Bushinwa bwangiye itsinda rya OMS kwinjira mu gihugu gukora iperereza ku nkomoko ya Covid-19
- #COVID19 : Mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 167, ntawakize
- Mu Rwanda COVID-19 yishe abantu batanu, haboneka abarwayi bashya 107
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|