Hagiye kubaho inyarwanda Fans Hangout ku nshuro yayo ya kane

Ku nshuro ya kane, hagiye kubaho inyarwanda Fans Hangout, ibirori bitegurwa buri mpera z’umwaka na Inyarwanda Ltd aho ihuriza hamwe abahanzi n’ibindi byamamare bya hano mu Rwanda n’abafana babo bakidagadura, bakaganira, bagasangira, bakifotozanya n’ibindi.

Kuri iyi nshuro ya kane, inyarwanda Fans Hangout izaba tariki 20/12/2013 ikazabera i Gikondo muri Tella Vista muri salle yaho nini aho kwinjira bizaba ari amafaranga 3000 ugahabwa icyo kunywa cy’ubuntu.

King James na Mani Martin nabafana babo.
King James na Mani Martin nabafana babo.

Nk’uko byakunze kuba, kuri iyi nshuro naho abahanzi b’indirimbo, aba filime, abakinnyi ba filime, abakinnyi b’umupira, abanyamakuru banyuranye ndetse n’abandi bantu baba bafite ukuntu bamamaye hano mu Rwanda bazidagadurana n’abafana babo ndetse banahabwe umwanya uhagije wo kwisanzura baganira, basangira, bifotozanya n’ibindi bitandukanye byateguwe.

Knowless n'umufana we.
Knowless n’umufana we.

Mu kiganiro na Nelly Misago, umuyobozi wa Inyarwanda Ltd, yadutangarije ko bizeye ko kuri iyi nshuro hazaba hari abantu benshi cyane bakurikije ukuntu abantu bagiye babyitabira mu myaka yashize, ibi akaba ari nabyo byatumye bagerageza gushaka sale nini cyane bazakoreramo.

samputu,Masamba,Denis uzwi nka Rwasa,Ciney,Masamba nabafana babo.
samputu,Masamba,Denis uzwi nka Rwasa,Ciney,Masamba nabafana babo.

Nelly Misago yagize ati: “Nibyo koko turifuza ko uyu mwaka abantu bagira ubwisanzure kuko iki gikorwa kitabirwa n’abantu benshi ku buryo nk’ubushize abantu babuze aho bicara… nibyiza ko rero abafana bazisanzura kubastar babo nta komyi”.

Marie Clemence CYIZA UWIMANIMPAYE

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka