Mutesi Jolly ni we Nyampinga w’u Rwanda wa 2016

Mutesi Jolly ni we wegukanye ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda wa 2016, asimbuye Kundwa Doriane wari ufite irya 2015.

Mutesi ahigitse bagenzi be 14 bahataniraga uyu mwanya, banamaranye ibyumweru bibiri mu mwiherero bigishwa umuco n’indangagaciro Nyanrwanda.

Yungirijwe n’ibisonga bitatu ari bo Peace Kwizera Ndaruhutse, Mpogazi Vanessa na Uwase RangiraMarie D’Amour.

Mutesi Jolly niwe wegukanye ikamba rya Miss Rwanda 2016.
Mutesi Jolly niwe wegukanye ikamba rya Miss Rwanda 2016.
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 25 )

Alias suko bandika doliane,uzabanze wige kubyandika.babyandika Kundwa Doriane.

Kwetu yanditse ku itariki ya: 28-02-2016  →  Musubize

iriresha baraguhaye naho ubundi ntacyo mujya mumarira society nyarwanda uretse kwirira inoti muba mwahawe

manirakiza yanditse ku itariki ya: 28-02-2016  →  Musubize

Ishya n’ihiirwe kandi uzabashe kugera ku ntego wiyemeje uhatanira iri kamba

Murigo yanditse ku itariki ya: 28-02-2016  →  Musubize

ngo nyampinga? arko narumiwe koko!
nyampinga c amariye iki society nyarwanda?
u! wsmugani reka yirire ifranga numuryango we
abandi bicira isazi mujisho!

alice yanditse ku itariki ya: 28-02-2016  →  Musubize

jolly hari icyo yigishije abanyarwda: indangagaciro y ubuphura kuko buba mu nda kurusha ubunyangamugayo ! tujye tuvuga ko kanaka ari imfura(agira ubuphura) aho kuvuga ko ari inyangamugayo.

vedaste m yanditse ku itariki ya: 28-02-2016  →  Musubize

Nyampinga jolly,akomeze atange urugero rwiza ni umwari ubereye u Rwanda

josepha yanditse ku itariki ya: 28-02-2016  →  Musubize

nari nziko nyampika ari shalifa,none baramuhize pe

tyjuuy yanditse ku itariki ya: 28-02-2016  →  Musubize

miss uragahorakungoma mutesi wahesheje umuryangowawe icyubahiro

ni cyomoro yanditse ku itariki ya: 28-02-2016  →  Musubize

ubundi se uretse gutorwa akifatira cash n’imodoka nziza ikindi amarira abanyarwanda nikihe?kugirwa nyampinga ndatekereza ari inyungu ze n’umuryango we!nta nyungu za Rubanda zirimo!

mugenzi yanditse ku itariki ya: 28-02-2016  →  Musubize

imana ishimwe cyane kubwa nyaminga Wacu umutesi turamwishimiye azabijyenze neza uyumwaka kandi natwe tuzamworohere ze mubuzima busanzwe ibihe byose

iraduknda yanditse ku itariki ya: 28-02-2016  →  Musubize

Sawa tu! Nari niteguye kubona miss Rwanda 2016 hagati ya Jolly na Shalifa. Gusa ntazadutenguhe ngo yishirire agati mu ryinyo. Asante!

papa prince yanditse ku itariki ya: 28-02-2016  →  Musubize

Ndishimye cyane kuri jolly mutesi ni mwiza kuruta abandi bose afite igikundiro ariko ikiruta byose ubona afite ubuhanga budasanzwe :confidence mbese nange narimufitiye ikizere kandi ntahandi nari muzi namubonye muri nyampinga mpita mufata mu mutwe

Alias yanditse ku itariki ya: 27-02-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka