Igitaramo cyo kumurika “uruhongore rw’Inyamibwa” uko cyagenze

Itorero Inyamibwa rya AERG ya Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, ryakoze igitaramo cyo kumurika abana 86 bari hagati y’imyaka 4 na 16 bitwa “Uruhongore rw’inyamibwa”, batojwe umuco nyarwanda na bakuru babo bagize iri torero.

Muri iki gitaramamo cyabaye mu mpera z’iki cyumweru, Uruhongore rw’Inyamibwa rwagaragaje ibyo bamaze kumenya birimo kubyina, kuvuza ingoma, kwivuga, guhamiriza, gutebya ndetse no kuvuga neza Ikinyarwanda badategwa bari bamaze igihe kingana n’ukwezi babitozwa.

Iki gitaramo cyanyuze cyane abakitabiriye, cyasojwe no kwifurizanya impera z’umwaka nziza no gutangira undi mu mahoro, uruhongore, Inyamibwa nkuru n’ababyeyi basabana.

Dore mu mafoto uko iki gitaramo cyari kifashe:

Aba bana babyinaga ikinyemera, imbyino babyina bigana inka.
Aba bana babyinaga ikinyemera, imbyino babyina bigana inka.
Ababyeyi banejejwe cyane n'igitaramo abana baberetse banabafasha kwizihirwa.
Ababyeyi banejejwe cyane n’igitaramo abana baberetse banabafasha kwizihirwa.
Ababyeyi baranezerewe cyane kubera abana babo bari gukurira mu muco.
Ababyeyi baranezerewe cyane kubera abana babo bari gukurira mu muco.
Abakobwa bakuru b'inyamibwa nabo bafashije barumuna babo kwizihiza ababyeyi.
Abakobwa bakuru b’inyamibwa nabo bafashije barumuna babo kwizihiza ababyeyi.
Abandi barashayaya bitwaje uduseke, abandi inkongolo.
Abandi barashayaya bitwaje uduseke, abandi inkongolo.
Aha abana bararirimba indirimbo igira iti "Iwacu zirakamwa".
Aha abana bararirimba indirimbo igira iti "Iwacu zirakamwa".
Aka kana kanezeje abantu cyane mu gitaramo kabyinana inkongoro.
Aka kana kanezeje abantu cyane mu gitaramo kabyinana inkongoro.
Bakuru babo nabo babfashije gususurutsa ababyeyi b'abana.
Bakuru babo nabo babfashije gususurutsa ababyeyi b’abana.
Banasabanye n'ababyeyi babifuriza Noheri nziza n'umwaka mushya muhire.
Banasabanye n’ababyeyi babifuriza Noheri nziza n’umwaka mushya muhire.
Banezejejwe cyane no kwereka ababyeyi ibyo bamaze ukwezi bitoza.
Banezejejwe cyane no kwereka ababyeyi ibyo bamaze ukwezi bitoza.
Mu ndririmbo nziza y'umushagiriro abana bagaragarije ababyeyi ubuhanga buhanitse.
Mu ndririmbo nziza y’umushagiriro abana bagaragarije ababyeyi ubuhanga buhanitse.
Abakobwa bize gushayaya no gushagirira.
Abakobwa bize gushayaya no gushagirira.
Bize no kubyina ikinyemera, imbyino yigana inka.
Bize no kubyina ikinyemera, imbyino yigana inka.

Roger Marc Rutindukanamurego

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

thanx to inyamibwa cultural troup

nana yanditse ku itariki ya: 16-12-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka