Ibiciro by’amatike y’igitaramo cya Stromae byamenyekanye

Kwinjira mu gitaramo umuhanzi Stromae azakorera i Kigali, mu myanya y’icyubahiro umuntu azishyura ibihumbi 100Frw ariko hakaba n’abazinjirira ibihumbi bibiri.

Mu kiganiro bamwe mu bategura iki gitaramo bagiranye na KT Radio mu kuri uyu wa kabiri tariki 13 Ukwakira 2015, bavuze ko hariho amatike atandukanye yo kwinjira mu gitaramo bitewe n’ubushobozi bw’abantu.

Nyuma y'igihe kinini Abanyarwanda bategereje uyu muhanzi, noneho bazabasha kumwibonera kuri uyu wa gatanu.
Nyuma y’igihe kinini Abanyarwanda bategereje uyu muhanzi, noneho bazabasha kumwibonera kuri uyu wa gatanu.

Basobanuye ko uzagura itike y’icyubahiro (Platinum) igura ibihumbi 100Frw azitabwaho ahabwa icyo kurya n’icyo kunywa mu gihe cyose igitaramo kizamara akanicazwa mu myanya y’icyubahiro, akanacungirwa umutekano w’imodoka ye.

Indi tike ni iy’amafaranga ibihumbi 30Frw izahesha uwayiguze amahirwe yo kwicara atekanye kandi akanahabwa icyo kunywa.

Bakomeje basobanura ko hari kandi itike atandukanye nk’iy’ibihumbi 10Frw, izaha uwayiguze uburenganzira bwo kwicara mu myanya y’icyubahiro ariko mu gihe abafite amatike y’icyubahiro babaye benshi akaba yahagarara.

Ikipe ifasha Stromae gutegura iki gitaramo yari yatumiwe muri Studio ya KT Radio, Radiyo ya Kigali Today.
Ikipe ifasha Stromae gutegura iki gitaramo yari yatumiwe muri Studio ya KT Radio, Radiyo ya Kigali Today.

Bakomeje bavuga ko hariho n’itike ya 2000Frw, uzayigura nawe akazashobora kwirebera umuhanzi Stromae imbonankubone cyangwa agahabwa umwanya bitewe n’abaguze amatike uko bangana.

Kugeza ubu imyiteguro y’igitaramo cya Stromae irarimbanyije, kuko abari mu ikipe imufasha kugitegura abenshi bamaze kugera mu Rwanda bavuye muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo.

Igitaramo kizabera muri Sitade y’Ishuri Rikuru ryigenga rya Kigali (ULK), aho imiryango izaba yakinguwe ku isaha ya saa kumi z’umugoroba naho igitaramo nyirizina kikazatangira ku isaha ya saa moya z’ijoro aribwo umuhanzi Stromae azaba atangiye kuririmba.

Marie Clemence CYIZA UWIMANIMPAYE

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 7 )

Ikaze mu rwamubyaye!

alias yanditse ku itariki ya: 17-10-2015  →  Musubize

ark murasetsa ubwose ayo mafaranga yose mwayafashishije abakene ra. cyokora hazajyamo abifite gusa uzagura ticket ya 10000frw nashaka abireke cyangwa azanywe ka fanta

robert yanditse ku itariki ya: 14-10-2015  →  Musubize

ngwino uturyohereza muhanzi hano iwanyu i rwanda

karasira yanditse ku itariki ya: 14-10-2015  →  Musubize

stade ulk izuzura no hejuru kuko ari hato kandi uno muhanzi arakunzwe sanaaaa

charles yanditse ku itariki ya: 14-10-2015  →  Musubize

nubwambere haje umuhanzi uhenda aka kageni 100mille! nimenshi sana kubifuza kwicara muri vip

ntaganzwa yanditse ku itariki ya: 14-10-2015  →  Musubize

ibiciro byari sawa gusa iyo babishyira muri stade amahoro kuko barabura aho bashyira abantu.

shema yanditse ku itariki ya: 14-10-2015  →  Musubize

Arakaza neza stromae, ajye akenewe kabisa kuko agira abafana benshi cyane, nange sinzahatangwa pe, welcome stromae i can’t wait to meet you.

serge yanditse ku itariki ya: 14-10-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka