Bruce Melodie yakoze igitaramo cy’amateka (Amafoto + Video)

Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 6 Ugushyingo 2021, umuhanzi Itahiwacu Bruce wamamaye nka Bruce Melodie nibwo yizihije ibirori by’isabukuru ye y’imyaka 10 amaze akora umuziki.

Ni ibirori by’amateka yakoreyemo igitaramo kibereye ijisho, ashima abakunzi b’umuziki we n’abakunzi b’umuziki nyarwanda muri rusange, kubera imyaka bamaranye abasusurutsa na we bakamushimira ibihangano bye.

Ahagana saa kumi n’ebyiri zirengaho iminota micye nibwo umushyushyarugamba MC Tino yahamagaye itorero Inganzo Ngari ryaserutse mu mbyino gakondo, nyuma yaho hatangira kuririmba abahanzi batandukanye barimo Papa Cyangwe Dj Toxxyk aza ku rubyiniro avangavanga imiziki, Alyn Sano na we akurikiraho, Niyo Bosco na we ntiyahatangwa yerekwa urukundo n’abafana, Bull Dogg asusurutsa abakunzi ba Hip Hop, umuhanzi Mike Kayihura wagiye werekwa urukundo yunganirwa na Christopher mu ndirimbo ze zagiye zinyura imbaga zitandukanye kugeza kuri Mi casa aherutse gusohora. Nyuma ye nibwo Dj Marnaud yasoreje abandi bahanzi mbere yo kwakirwa k’uwari utegerejwe cyane muri iki gitaramo ari we Bruce Melodie wari wateranyije imbaga.

MC Tino
MC Tino

Ahagana saa Mbili n’iminota 44 nibwo Umunyamakuru wa KT Radio MC Tino wari umushyushyarugamba yahamagaye mugenzi we Arthur Nkusi kuza kumufasha kwakira umuhanzi Bruce Melodie.

Umushyushyarugamba Arthur Nkusi
Umushyushyarugamba Arthur Nkusi

Bruce Melodie yasusurukije abitabiriye igitaramo mu ndirimbo ze nyinshi zakunzwe haba mu Rwanda no mu mahanga, kuva ku ndirimbo yahereyeho mu myaka icumi ishize nka ‘Tubivemo, Telephone, Inkovu,... kugera kuri ‘Sawa Sawa’ aherutse gusohora. Izi ndirimbo yaziririmbiye abakunzi be babarirwa mu bihumbi bari bitabiriye ibi birori maze na bo baramufasha umurongo ku wundi ari na ko bakaraga umubyimba.

Ni urugendo rw’akazi katoroshye yakoze ko kudahagarara ari na ho abakunzi be bahereye bamubatiza akazina ka ‘Munyakazi’ kubera kudacika intege nk’abandi bahanzi baza nyuma y’umwaka umwe, cyangwa ibiri bakabivamo bakigira mu bindi. Kuri Bruce Melodie imbaraga yatangiranye umunsi wa mbere n’uyu munsi ntizicogora ahubwo ziriyongera.

Ibirori byakomeje nyuma yo kuririmba nyinshi mu ndirimbo yahereyeho akajya abivanga no gutumira zimwe mu nkoramutima ze muri uru rugendo rwe bagiye bamufasha agitangira umuziki barimo Ama G, Riderman, Dj Pius kugera ku bahanzi bakiri bato na we yaharuriye inzira mu rugendo barimo Kenny Sol.

Mu gihe kirenga isaha n’igice uyu muhanzi yamaze ku rubyiniro, ahagana ku isaha ya saa tanu n’iminota micye nibwo iki gitaramo cyasojwe, maze abakunzi b’umuziki bari bamaze igihe kirenga umwaka n’igice batizihirwa bataha bakeye ku mutima.

Yafashe amashusho y'urwibutso nka gihamya ko yari ahibereye bitari inkuru mbarirano
Yafashe amashusho y’urwibutso nka gihamya ko yari ahibereye bitari inkuru mbarirano
Bishimiye ko ibitaramo byasubukuwe nyuma y'ibihe bitoroshye by'icyorezo cya COVID-19
Bishimiye ko ibitaramo byasubukuwe nyuma y’ibihe bitoroshye by’icyorezo cya COVID-19
Abo mu itsinda rya Mackenzie ribarizwamo Nyampinga w'u Rwanda Nishimwe Naomie na bo bari bahari
Abo mu itsinda rya Mackenzie ribarizwamo Nyampinga w’u Rwanda Nishimwe Naomie na bo bari bahari
Basusurukije abantu ubwo Bruce Melodie yaririmbaga Complete me
Basusurukije abantu ubwo Bruce Melodie yaririmbaga Complete me
Producer Element Eleeh utunganya imiziki wanakoreye Bruce Melodie zimwe mu ndirimbo ze zikunzwe muri iyi minsi
Producer Element Eleeh utunganya imiziki wanakoreye Bruce Melodie zimwe mu ndirimbo ze zikunzwe muri iyi minsi
Muyoboke Alex wabaye umujyanama w'abahanzi benshi bakomeye mu Rwanda
Muyoboke Alex wabaye umujyanama w’abahanzi benshi bakomeye mu Rwanda
Alyn Sano nyuma yo kuririmba na we yaje akurikira igitaramo ari na ko anyuzamo agacinya akadiho
Alyn Sano nyuma yo kuririmba na we yaje akurikira igitaramo ari na ko anyuzamo agacinya akadiho
Gloria Mukamabano, Paul Rutikanga na Rigoga Ruth, abakozi ba RBA na bo ntibahatanzwe
Gloria Mukamabano, Paul Rutikanga na Rigoga Ruth, abakozi ba RBA na bo ntibahatanzwe
Umunyamakuru w'imyidagaduro Yago ni umwe mu bitabiriye iki gitaramo
Umunyamakuru w’imyidagaduro Yago ni umwe mu bitabiriye iki gitaramo
Symphony Band ni yo yacuranze muri iki gitaramo
Symphony Band ni yo yacuranze muri iki gitaramo
Dj Brianne ni umwe mu baryohewe cyane n'iki gitaramo
Dj Brianne ni umwe mu baryohewe cyane n’iki gitaramo
Urukweto Bruce Melodie yaserukanye ku rubyiniro
Urukweto Bruce Melodie yaserukanye ku rubyiniro
Kenny Sol (uri hagati) wahoze muri label y'Igitangaza ya Melodie na we yitabiriye iki gitaramo
Kenny Sol (uri hagati) wahoze muri label y’Igitangaza ya Melodie na we yitabiriye iki gitaramo
Riderman inshuti ya Bruce Melodie ni umwe mu bahanzi bafitanye indirimbo nyinshi. Bruce Melodie yavuze uburyo yahoze ari umufana ukomeye wa Riderman kuva mu buto
Riderman inshuti ya Bruce Melodie ni umwe mu bahanzi bafitanye indirimbo nyinshi. Bruce Melodie yavuze uburyo yahoze ari umufana ukomeye wa Riderman kuva mu buto
Abarimo Kate Bashabe ntibigeze bicara kuva ubwo Bruce Melodie yageraga ku rubyiniro
Abarimo Kate Bashabe ntibigeze bicara kuva ubwo Bruce Melodie yageraga ku rubyiniro
MC Nkusi Arthur na MC Tino ni bo bayoboye iki gitaramo
MC Nkusi Arthur na MC Tino ni bo bayoboye iki gitaramo
Bralirwa muri iki gitaramo yatangarije Abanyarwanda ko Bruce Melodie ari ambasaderi w'ikinyobwa cyayo Primus
Bralirwa muri iki gitaramo yatangarije Abanyarwanda ko Bruce Melodie ari ambasaderi w’ikinyobwa cyayo Primus
Dj Pius ubwo yasangaga Bruce Melodie ku rubyiniro bagakorana indirimbo yabo "Ubushyuhe" bafatanyije
Dj Pius ubwo yasangaga Bruce Melodie ku rubyiniro bagakorana indirimbo yabo "Ubushyuhe" bafatanyije
Andereya na Peter benshi babamenyeye ku mbuga nkoranyambaga na bo bari baje kwihera ijisho igitaramo cya Melodie
Andereya na Peter benshi babamenyeye ku mbuga nkoranyambaga na bo bari baje kwihera ijisho igitaramo cya Melodie

Video: Reba incamake y’iki gitaramo mu mashusho

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka