Abanyarwanda baba mu Bushinwa bagize ubusabane

Nk’uko bisanzwe bibaho buri mwaka, tariki 13/07/2013, Abanyarwanda baba mu mujyi wa Guangzhou mu Bushinwa bakoze ubusabane ndetse banakira abanyamuryango bashya.

Banasuzumiye hamwe ibikorwa byagezweho muri uyu mwaka ndetse banareba ibyakorwa kugirango umuryango wabo utere imbere. “Intego y’iyi diaspora ni ukurangwa n’ubumwe twihesha agaciro aribyo bizatugeza ku majyambere ahamye”; nk’uko byatangajwe na Perezida wa diaspora Guangzhou-China, Emmanuel Muvunyi Ndayisenga.

Abitabiriye ubusabane bafata ifoto y'urwibutso.
Abitabiriye ubusabane bafata ifoto y’urwibutso.

Uwo muhango wari witabiriwe n’umushyitsi mukuru ariwe ambasaderi w’u Rwanda mu Bushinwa, Francois Ngarambe, waboneyeho gushima ndetse no kuganiriza abo banyamuryango ba diaspora ku gikorwa kiza nk’icyo cyibafitiye akamaro.

Yabibukije ko nubwo bari mu Bushinwa baje guhaha ubumenyi ndetse ko bagomba kuhigira byinshi aribyo bazajya bajyana aho bavuka kugirango twese hamwe twubake u Rwanda rwacu.

Abayobozi ba diaspora Guangzhou-China na Ambasaderi w'u rwanda mu Bushinwa, Ngarambe Francois.
Abayobozi ba diaspora Guangzhou-China na Ambasaderi w’u rwanda mu Bushinwa, Ngarambe Francois.

Uwo muhango wari witabiriwe n’abantu basaga 150 baturutse mu bice bitandukanye by’u Bushinwa ndetse n’inshuti zabo zituruka mu bihugu bitandukanye.

Nyuma yo kumva no kungurana ibitekerezo na Ambasaderi Ngarambe Francois bahawe umwanya wo kubaza ibibazo, uyu muhango ukaba warashojwe n’imbyino z’umuco nyarwanda maze barasabana karahava.

Iyi nkuru twayohererejwe na Emmanuel Ndayisenga

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Mukomerezaho, twiheshe agaciro.

dushishoze yanditse ku itariki ya: 17-07-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka