Unesco yashyize Umuziki wa Reggae mu murage w’isi

Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku burezi siyansi n’umuco, ryashyize umiziki wa Reggae mu mirage y’isi ikwiye kubungabungwa ngo itazimira.

Bob Marley INESCO inamugenera igihembo cy'umuntu watwaye urumuri abinyujije mu muziki we
Bob Marley INESCO inamugenera igihembo cy’umuntu watwaye urumuri abinyujije mu muziki we

Iri shami, rivuga ko kuva mu myaka y’1970, umuziki wa reggae wafashije cyane mu gutanga ubutumwa burwanya ivangura, irondaruhu, amacakubiri, itonesha, urukundo n’ubumuntu, hatirengagijwe kunenga abanyapolitike bayobora nabi, no kubuganira ikiremwamuntu kiri mu kaga.

Al Jazeera dukesha iyi nkuru ivuga ko Afurika y’Epfo yatanzweho urugero, aho umuziki wa Reggae wafashije mu gusohoka mu ivangura rya Apartheid, ryatumaga abirabura basyonyorwa n’abazungu.

Inesco yashimye cyane Bob Marley ufatwa nk’umwami wa reggae, inamugenera igihembo cy’umuntu watwaye urumuri, akamamaza ubutumwa ku isi.

Nyuma y’intambara ya kabiri y’isi, umuziki wa Reggae wabaye nk’intwaro yo kwiyama ubutegetsi bubi muri Amerika y’epfo, no muri Afurika, ikwirakwijwe n’amatsinda atandukanye akomoka muri Jamaica.

Akanama gashinzwe iby’umuco muri UNESCO kasabye abatuye isi kubungabunga uyu muziki no kuguma gukwirakwiza ubutumwa buri muri iyi njyana.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka