Umuraperi P. Diddy yakoze impanuka

Umuhanzi P. Diddy wo muri Amerika yakoze impanuka tariki 24/10/2012 imodoka ye yo mu bwoko bwa Cadillac Escalade yagonganye n’indi modoka yo mu bwoko bwa Lexus RX irangirika cyane.

Iyo mpanuka yabaye mu masaha y’igicamunsi ubwo P Diddy n’umushoferi we wari umutwaye bari bavuye muri Hotel i Los Angeles.

P.Diddy yicaye hasi. Hejuru ni imodoka yarimo.
P.Diddy yicaye hasi. Hejuru ni imodoka yarimo.

Iyi mpanuka ikimara kuba, P. Diddy yabanje kwanga kujyanwa nimbangukiragutabara (ambulance) kwa muganga aho yabwiye abapolisi ko ari bwitabweho n’umuganga we bwite usanzwe yita ku buzima bwe.

Imodoka yangiritse cyane.
Imodoka yangiritse cyane.

Polisi yo muri icyo gihugu ntiratangaza uwari mu makosa, icyagaragaye n’uko bose birukaga cyane bikabije, Polisi ikaba ikomeje gukurikirana kino kirego nk’uko bitangazwa na The Sun.

Ernestinme Musanabera

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

twifuza ko mwajya mudushyiriraho kwamamaza akazi kuko byaba byiza iyo program muyicishamo

kamanda diana yanditse ku itariki ya: 30-10-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka