Patoranking yasoje Amasomo muri Harvard Business School

Umuhanzi w’icyamamare ukomoka muri Nigeria, Patrick Okorie, uzwi cyane ku izina rya Patoranking yarangije mu ishuri ry’ubucuruzi rya Harvard.

Patoranking yasoje amasomo ya Kaminuza muri Havard
Patoranking yasoje amasomo ya Kaminuza muri Havard

Ku cyumweru, nibwo Patoranking yasangiye abamukurikira ku rubuga rwe rwa Instagram, ifoto ahagaze ku cyapa cy’ishuri ry’ubucuruzi rya Harvard.

Patoranking kandi yasangiye indi foto ari kumwe n’umwarimu muri iryo shuri, Anita Elberse afite icyemezo cya kaminuza kigaragaza ko yasoje amasomo.

Nubwo hatatangajwe icyiciro cya kaminuza uyu muhanzi arangije, gusa ni umwe mu bahanzi bakomeye muri Afurika bagiye bavanga umuziki n’amasomo asanzwe yo mu ishuri.

Si ibyo gusa kuko hari n’abagiye bahabwa impamyabumenyi z’ikirenga kubera ibikorwa byabo muri muzika, harimo nka Tiwa Savage, aho mu 2022, Kaminuza ya Kent, mu Bwongereza yamuhaye impamyabumenyi y’ikirenga y’icyubahiro muri muzika (PhD).

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka