Jennifer Lopez na Alex Rodriguez bamaze gutandukana

Nyuma y’aho bari bamaze iminsi bahakana ibyo gutandukana kwabo, umuririmbyi akaba n’umukinnyi wa filime, Jennifer Lopez na Alex Rodriguez, wamenyekanye cyane mu mukino wa Base Ball, bamaze kwemeza ko umubano wabo babanaga nk’umugore n’umugabo, n’ubwo bari batarasezeranye (fiancé couple) bawushyizeho akadomo.

Jennifer Lopez na Alex Rodriguez bemeje ko batandukanye
Jennifer Lopez na Alex Rodriguez bemeje ko batandukanye

Ubwo Jennifer Lopez yari mu kiganiro The Today Show, mu gitondo cyo kuri uyu wa 15 Mata 2021, yemeje ayo makuru.

Yagize ati “Ni byo, twasanze kubana nk’inshuti ari byo bitubereye, none ni byo dushaka gukomeza”.

Alex Rodriguez, nawe wari mu kiganiro yagize ati “Tuzakomeza gukorera hamwe, twe n’abana bacu, ndetse n’imishinga yacu yose”.

Lopez w’imyaka51 na Rodriguez w’imyaka 45, batangiye gukundana mu mwaka wa 2017, bambikana impeta y’urudashira imyaka 2 nyuma yaho.

Bivugwa ko bapfuye ku kuba Rodriguez yaracaga inyuma Lopez, ku cyamamare mu bijyanye no gutunganya imisatsi, Madison LeCroy, wabihakanye avuga ko we babana nk’inshuti zisanzwe.

Ubwo Jennifer Lopez yaririmbaga mu birori byo kurahiza Joe Biden
Ubwo Jennifer Lopez yaririmbaga mu birori byo kurahiza Joe Biden

Lopez na Rodriguez, bari babanje guhakana gutandukana kwabo nyuma y’aho inkuru kuri uko gutandukana itunguriye abana babo, bagahitamo kutabababaza.

Impanga Max na Anne b’imyaka 13, Lopez yababyaranye n’umuririmbyi w’icyamamare Marc Anthony, Natasha w’imyaka 16 na Ella w’imyaka 12, Rodriguez yabyaranye na Cynthia Scurtis

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

nawe uba uplofitiye mu kavuyo ukazana inyigisho za ba yohova

ndayisaba jean Marie vianney yanditse ku itariki ya: 16-04-2021  →  Musubize

Jennifer Lopez ufite imyaka 52,yabanye n’Abagabo 5,udashyizemo abo yaryamanye n’abo batagira ingano.Aba Stars hafi ya bose niko babaho.Kardashian we yabanye n’abagabo barenga 10.Gusa ntabwo ubu ari ubuzima bwiza,nubwo baba bafite amafaranga menshi.Abantu benshi bahamya ko abantu bishimye nyakuri ari abantu bashaka Imana kandi bagakora ubushake bwayo,ntibibere gusa mu gushaka iby’isi.Abo nibo bazarokoka ku munsi w’imperuka,bakaba muli paradizo.

rukebesha yanditse ku itariki ya: 16-04-2021  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka