Volleyball: Ikipe y’abagore ya RRA yabonye itike ya 1/4

Mu mikino ya nyuma y’amajonjora mu irushanywa rihuje amakipe yabaye aya mbere ku mugabane wa Afurika, ikipe y’abagore ya Rwanda Revenue Authority (RRA) yabonye itike ya ¼ nyuma yo gutsinda ikipe ya KCB amaseti 3-1.

Umukino wagoye ikipe iyobowe n’umutoza Jean Luc Mbonyuwontuma kuko KCB yakiniraga imbere y’abafana bayo i Nairobi muri Kenya kandi mbere y’umukino yari iyoboye itsinda.

KCB niyo yabanje gutsinda seti ya mbere. Seti ya kabiri ikipe ya RRA yayitsinze ku manota 25-23, iya 3 yarangiye ari 25-24 naho iya nyuma yatumye RRA yerekeza muri ¼ yayitsinze ku manota 26-24.

Ku mikino yabaye kuri iki cyumweru mu itsinda C, Ikipe ya RRA yari yatsinzwe na Water sports yo muri Ethiopia amaseti 3-1 naho KCB itsindwa na Stef Auto amaseti 2 kuri 3.

Ikipe y'abagore ya RRA ikina n'iya KCB i Nairobi tariki 14/05/2012. RRA yatsinze KCB maze yegukana tike ya 1/4 cy'irangiza.
Ikipe y’abagore ya RRA ikina n’iya KCB i Nairobi tariki 14/05/2012. RRA yatsinze KCB maze yegukana tike ya 1/4 cy’irangiza.

RRA ikomeje muri ¼ na Water sports yo muri Ethiopia dore ko iyi ari nayo irangije amajonjora iyoboye itsinda C.

Imikino 2 ibanza yombi RRA yayitsinze ku maseti 3-0 bakina na Stella Club yo muri Cote d’Ivoir na Steff Auto yo muri Mdagascar. RRA ikomeje muri ¼ itsinze imikino 3 itsindwa 1. Mu 2011 Rwanda Revenue Authority yarangije iri rushanwa ku mwanya 8.

Thierry Tity Kayishema

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka