Rwamagana igiye kwakira agace ka kabiri ka Shampiyona ya Beach Volleyball

Kuva kuri uyu wa Gatanu, mu karere ka Rwamagana harakinirwa agace ka kabiri ka shampiyona ya Volleyball yo ku mucanga ’ Beach Volleyball ’ itanga amanota ku rwego mpuzamahanga.

Ni imikino izabera ku nkengero z’ikiyaga cya Muhazi, kuri Falcon Golf & Country Club mu Karere ka Rwamagana kuva tariki ya 26, 27 n’iya 28 Kamena 2026 aho izitabirwa n’amakipe y’abagore n’ay’abagabo aturutse hirya no hino ku Isi, buri kipe igizwe n’abakinnyi babiri.

Iya Shampiyona ya Beach Volleyball iba no ku ngengabihe y’lmpuzamashyirahamwe y’Umukino wa Volleyball ku Isi [FIVB],bituma yitabatirwa n’abaturutse imihanda yose kuko abayitwayemo neza babona amanota ku rwego Mpuzamahanga muri uyu mukino.

Ubwo hakinwaga agace ka mbere mu Ukuboza 2025 ikipe igizwe na Koita Jahara na Akan Paul yatwaye umwanya wa mbere mu bagabo naho mu bagore utwarwa n’ikipe ya Mukandayisenga Benitha na Munezero Valentine.

Urutonde mu bagore
Urutonde mu bagore
Urutonde mu bagabo
Urutonde mu bagabo

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka