REG VC na Police WVC zegukanye irushanwa ryo #Kwibohora32

Amakipe ya REG VC na Police WVC zegukanye irushanwa ryo kwizihiza Umunsi wo Kwibohora zitsinze Police VC na APR WVC ku mukino wa nyuma.

Ni irushanwa ryakinwe kuva tariki ya 1 kugeza ku ya 3 Nyakanga 2026, rikinirwa muri Stade Amahoro aho mu bagore ryitabiriwe n’amakipe ane mu gihe mu bagabo yari amakipe atanu yari agabanyije mu matsinda abiri.

Imikino ya nyuma yakinwe tariki 3 Nyakanga 2026, maze mu bagabo ikipe ya REG VC itwara igikombe itsinze Police VC amaseti 3-1. Iseti ya mbere REG VC yayitwaye itsinze amanota 25-18, iseti ya kabiri yatwawe na Police VC itsinze amanota 25-20 ariko REG VC itwara ebyiri zakurikiyeho itsinze amanota 25-22 ndetse na 25-23.

Mu bagore ikipe Police WVC niyo yegukanye itsindiye APR WVC ku mukino wa nyuma amaseti 3-0 aho iya mbere yayitsinze amanota 29-27, iya kabiri iyitwara ku manota 25-21 ndetse inatwara iya gatatu ku mano 26-24.

Umwanya wa gatatu mu bagabo watwawe n’ikipe ya Gisagara VC yatsinze APR VC amaseti 3-2 mu gihe mu bagore ntawakinwe.

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka