Shampiyona ya volleyball yagarutse, Kepler na Gisagara zitanga ubutumwa

Imikino yo kwishyura muri shampiyona ya volleyball mu Rwanda yatangiranye itsinzi ikomeye ya Kepler women volleyball club no kongera gutsindwa kwa Police.

Shampiyona ya volleyball yagarutse
Shampiyona ya volleyball yagarutse

Bwa mbere mu mateka kuva amakipe ya Kepler yashingwa, ikipe ya Kepler women volleyball club yatsinze APR VC amaseti 3-0. Ni umukino wabanjirije indi y’umunsi wa cyenda wakinwe mu mpera ziki cyumweru aho iyi kipe y’ingabo yatozwaga n’umutoza Yvette Igihozo nyuma yo gutandukana n’uwari Umutoza mukuru Peter Kamasa, yatsinzwe umukino wa mbere muri iyi shampiyona na Kepler WVC amaseti 3-0.

Kepler WVC yatsinze APR WVC amaseti 3-0
Kepler WVC yatsinze APR WVC amaseti 3-0

Ibi byahise bishimangira ko ikipe ya Kepler WVC izatanga akazi muri uyu mwaka dore ko yamaze no gusinyisha undi mukinnyi witwa Edwige Kossenda Konwa ukomoka mu gihugu cya Cameroon wamaze kugera no mu Rwanda aho azatangira gukinira iyi kipe ku munsi wa cumi wa shampiyona.

Ubona ko Petit Stade imaze kuba nto ku bakunzi ba Volleyball
Ubona ko Petit Stade imaze kuba nto ku bakunzi ba Volleyball

Undi mukino wari witezwe, ni umukino wahuje ikipe ya APR VC ndetse na Kepler VC ariko mu cyiciro cy’abagabo aho uyu mukino bigoranye warangiye ikipe APR itsinze ikipe ya KEPLER amaseti 3 kuri 2 ivuye inyuma dore ikipe ya Kepler ariyo yari yatsinze amaseti abiri ya mbere.

Umugaba w'Ingabo zirwanira Ku Butaka Maj Gen Vincent Nyakarundi n'umuvugizi w'ingabo z'u rwanda Umuvugizi w'Ingabo z'u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga barebye iyi mikino
Umugaba w’Ingabo zirwanira Ku Butaka Maj Gen Vincent Nyakarundi n’umuvugizi w’ingabo z’u rwanda Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga barebye iyi mikino

Umukino wapfundikiye imikino yo kuwa gatanu ni umukino wahuje ikipe ya Gisagara volleyball club yongeye gutsinda ikipe ya Police VC amaseti 3-0. Iyi tsinzi yabaye iya gatatu yikurikiranya iyi kipe y’ Indora mu karere ka Gisagara itsinda Police.

Police yongeye gutsindwa na Gisagara VC
Police yongeye gutsindwa na Gisagara VC

Iyi mikino yo kwishyura yakomeje kuri uyu wa gatandatu mu nzu y’imikino ya St Famille aho mu cyiciro cy’abagore ikipe ya Police yatsinze Rwanda Polytechnic Huye college amaseti 3-0 naho RRA yo itsinda Ruhango amaseti 3-0.

Mu cyiciro cy’abagabo, ikipe ya Kaminuza ya East Africa yatsinzwe na KVC amaseti 3-2 naho Rwanda Polytechnic Ngoma college yo itsinda Kirehe amaseti 3-0.

Ivuye inyuma, APR yatsinze Kepler amaseti 3-2
Ivuye inyuma, APR yatsinze Kepler amaseti 3-2

Imikino y’umunsi wa cumi, izakomeza mu mpera z’icyumweru gitaha aho biteganyijwe ko izakinirwa mu karere ka Gisagara ho mu majyepfo.

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka