Ivuye inyuma, Gisagara VC yisubije icyubahiro imbere ya APR VC (Amafoto)

Ikipe ya Gisagara volleyball yongeye kurikoroza nyuma yo gutsinda APR VC ivuye inyuma imbere y’abafana ibihumbi bari i Gisagara.

Mugihe shampiyona ya volleyball umunsi wa 10 yakomezaga, umwe mu mikino yari itegerejwe kuri uyu wa gatandatu hagati y’ikipe ya Gisagara VC na APR VC warangiye ikipe ya Gisagara VC yongeye gutanga ubutumwa nyuma yo gutsinda APR VC amaseti

Imbere y’abafana barenga gato ibihumbi 2500 nkuko imibare y’ubwitabire ibigaragaza, ikipe ya APR VC yari yabanje gutsinda amaseti 2 ya mbere y’umukino, yaje kwisanga itongeye kwinjiza indi seti kuko ikipe ya Gisagara VC yahise ifatiraho maze isoza umukino uwegukanye ku maseti 3-2.

Ni umukino wari witabiriwe cyane
Ni umukino wari witabiriwe cyane

Nyuma yo gutsinda APR VC ikipe ya Gisagara VC yahise yuzuza amaseti 25 mbere yuko ikina na EAUR kuri iki cyumweru. APR VC yo yujuje amanota 22 mugihe nayo igitegereje umukino ugomba kuyihuza na KVC kuri iki cyumweru.

Dore uko indi mikino yagenze kuri uyu wa gatandatu.

Abagore:

RP Huye 0-3 APR
EAUR 0-3 Kepler

Abagabo
Kirehe 0-3 Police
REG 3-2 EAUR
Gisagara 3-2 APR

Imikino iteganyijwe none ku cyumweru taliki ya 18 Mutarama 2026

RP Ngoma vs POLICE
Kirehe vs Kepler
EAUR vs Gisagara
KVC vs APR

Umuvugizi w'ingabo z'igihugu Brigadier General Ronald Rwivanga ni umwe mu bayobozi barebye uyu mukino.
Umuvugizi w’ingabo z’igihugu Brigadier General Ronald Rwivanga ni umwe mu bayobozi barebye uyu mukino.

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka