Bigoranye Kepler VC yatsinze REG VC, Police yihaniza RRA
Shampiyona ya volleyball umunsi wa 10 watangiranye itsinzi ya Kepler VC naho Police y’abagore yongera gutanga ubutumwa kuri RRA.
Ni shampiyona yakomezaga hakinwa umunsi wa 10 wayo aho kuri iyi nshuro iyi mikino yari imenyerewe mu mujyi wa Kigali yajyanywe mu karere ka Gisagara ho mu ntara y’amajyepfo mu nzu y’imikino yaka karere iri mu murenge wa Ndora.
Ni imikino yatangiye kuri uyu wa gatanu aho umukino wabimburiye indi ari umukino wahuje ikipe ya Police VC y’abagaore na Rwanda Revenue Authority (RRA VC). Uyu mukino utagoye cyane ikipe ya POLICE, warangiye ikipe ya Police VC iwutsinze ku maseti 3-0(20-25, 12-25, 19-25)
Uyu mukino wakurikiwe n’umukino wari utegerejwe wahuje ikipe ya Kepler volleyball club y’abagabo ndetse n’ikipe ya REG VC. REG VC irimo gushaka uko yakwinjira mu makipe ane ya mbere ngo izabashe gukina imikino ya kamarampaka (Playoffs), niyo yegukanye iseti ya mbere ku manota 25-23, seti ya kabiri yegukanywe na KEPLER VC ku manota 25 kuri 22 ya REG.
Seti ya gatatu yaje kwegukanwa na REG ku manota 25 kuri 22 ya Kepler maze seti ya kane yegukanwa na Kepler ku manota 24 kuri 26 byatumye amakipe yombi ajya gukina seti ya gatanu (Kamarampaka) yaje kwegukanwa na Kepler itsinze REG amanota 15 kuri 13.
Imikino y’umunsi wa 10 irakomeza kuri uyu wa gatandatu ndetse no ku cyumweru taliki ya 18 I Gisagara.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|