Niyonkuru Florence yahesheje u Rwanda umudali wa mbere mu Mikino ya Commonwealth

Umunyarwandakazi Niyonkuru Florence yegukanye umwanya wa gatatu mu mikino ihuza ibihugu bivuga ururimi rw’Icyongereza izwi nka ’Commonwealth Games’ iri kubera muri Scotland mu cyiciro cyo gusiganwa mu muri metero ibihumbi 10, uba uwa mbere u Rwanda rwegukanye muri iyi mikino mu mateka.

Ibi byabaye ku wa 27 Nyakanga 2026 aho uyu Munyarwandakazi muri iki cyiciro cyo gusiganwa intera ya metero ibihumbi 10 ku maguru yegukanye umwanya wa gatatu muri iyi mikino akoresheje iminota 31, amasegonda 55 n’ibyijana 47.

Niyonkuru Florence yegukanye uyu mudari, nyuma y’uko yaherukaga gutwara umwanya wa kabiri muri Shampiyona Nyafurika iheruka kubera muri Ghana ndetse n’isiganwa rya Kigali Half Marathon rya 2025 mu gihe kandi uyu mudari uyu wabaye uwa mbere u Rwanda rwegukanye muri iyi mikino.

Muri iki cyiciro Umunya-Australia Rose Davies ni we wabaye uwa mbere akoresheje iminota 31, amasedonda 39 n’iby’ijana 32 naho Umunya-Kenyakazi Diana aba uwa kabiri akoresheje iminota 31, amasegonda 50 n’iby’ijana 13.

Imikino ya Commonwealth yatangiye gukinwa mu 1930 mu gihe iya 2026 iri gukinwa kuva tariki 23 Nyakanga kugeza tariki 2 Kanama 2026.

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka