I Kigali hatangiye isiganwa mpuzamahanga ry’Amahoro
Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yatangije ku mugaragaro Marathon Mpuzamahanga y’Amahoro ya Kigali iri kuba ku nshuro ya 21, aho ku munsi wayo wa mbere hakinwe icyiciro cy’abatarabigize umwuga.
Yatangiye kuri uyu wa Gatandatu hakorwa ibilometero 10 muri Run for Peace aho abaryitabiriye basiganwa mu buryo byo kwishimisha.
Ku munsi wayo wa mbere, kuri uyu wa Gatandatu Marathon Mpuzamahanga y’Amahoro ya Kigali, yitabiriwe n’abarenga 4,100 baturutse mu bihugu 65 bitandukanye ku Isi mu kwizihiza ubumwe n’amahoro binyuze muri siporo.
Abatabiriye ’Run for Peace’ bagaragaje ko siporo ishobora kuba ururimi ruhuza abantu batandukanye, bakagaragaza ko amahoro n’ubumwe bishobora kwimakazwa binyuze mu bikorwa bihuriweho nk’ibi.
Ndetse nk’uko bigaragara, n’ibyishimo bidasanzwe ku bitabiriye umunsi wa mbere wa Marathon Mpuzamahanga y’Amahoro ya Kigali.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|