Rulindo: Ku myaka ye irenga 70, Zakariya yaje mu ba mbere mu irushanwa ry’amagare

Murera Zacharie, umusaza wo mu kigero cy’imyaka nka 70 wo mu Karere ka Rulindo mu Murenge wa Masoro yegukanye umwanya wa gatatu mu bantu umunani basiganwaga mu irushanwa ryo gutwara amagare.

Byari mu gikorwa cyo gukangurira abaturage mu Karere ka Rulindo kwitabira gukora siporo cyateguwe n’uruganda rwa Rutongo Mines ku wa 15 Werurwe 2015.

Umusaza Zacharie wabaye uwa 3 mu gusiganwa ku magare.
Umusaza Zacharie wabaye uwa 3 mu gusiganwa ku magare.

Murera Zachariya, usanzwe ucuruza ibyuma by’amagare, avuga ko yitabiriye irushanwa ry’amagare agira ngo yipime arebe ko akibasha gutwara igare ,dore ko ngo aheruka kuritwara mu 1960,ubwo yaritwaraga acuruza amakara ayavana mu i Masoro ayajyana mu Mujyi wa Kigali.

Akomeza avuga ko siporo yo gutwara amagare yumvise ari nziza kuko ngo yumvise ashize amavunane yari amaze iminsi afite, agakangurira abakuze kwitabira gukora siporo bakirinda za Rubagimpande.

Zacharie Murera wambaye "Bodaboda" hamwe na bamwe mu bari mu irushanwa.
Zacharie Murera wambaye "Bodaboda" hamwe na bamwe mu bari mu irushanwa.

Yagize ati”Burya kwicara mu rugo nta cyo bimaze, ndakangurira abakuze kugana siporo cyangwa bakitoza gukora indi mirimo y’imbaraga kuko birinda abakuze kurwara za Rubagimpande.”

Nguwo Murera ku igare.
Nguwo Murera ku igare.

Zachariya waje mu irushanwa yambaye numero ya 28 yahawe ibihembo nk’inararibonye mu gutwara igare, umudari w’ishimwe ndetse n’ibihumbi 20 by’amafaranga y’u Rwanda.

Noneninjye Clarene, ushinzwe gukurikirana impano mu mikino mu Karere ka Karongi , na we yemereye uwo musaza, wari waje yiyambariye inkweto bita “Bodaboda” inkweto zo kujya ajyana muri siporo.

Hortense Munyantore

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Abakuze uyu abahaye urugero. nimugane sport mwikumva ko ari ibyurubyiruko gusa.

Ndayisenga yanditse ku itariki ya: 17-03-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka