Uko isiganwa ry’amamodoka na Moto ryabereye i Huye ryagenze
Guhera kuri uyu wa Gatandatu kugera ku Cyumweru i Huye haberaga isiganwa ry’amamodoka na moto "Memorial Gakwaya", aho abarikurikiye banejejwe cyane na za moto zakoze ibyo benshi batari bamenyereye mu Rwanda
Uko bimeze ubu ..
Ibirori byaberaga kuri Stade Huye birasojwe, abafana bakaba bategereje kuzatangarizwa uwa mbere n’uwa kabiri, ni hagati y’imodoka yari itwawe na Gakwaya Jean Claude wari kumwe na Mugabo Claude ndetse na Mohamed Roshanali wari uri kumwe na Giesen Jean Jean
Abegukanye umwanya wa mbere n’uwa kabiri, ntibatangajwe, ngo bazatangazwa bitarenze amasaha 48, nyuma yo kubanza kureba ibyo ibyuma biba bifunze mu mamodoka bizabereka kuko ibihe bakoresheje byegeranye cyane, ubu hahembwe kugeza ku wa gatatu gusa.
Abagize uruhare muri iri siganwa bakomeje gushimirwa, hashimiwe kandi cyane Nick de Wit na Scott Billet basusurukije abantu kuri moto.
Ibihembo byatanzwe bahereye ku bafatanyabikorwa barimo Polisi y’igihugu, Akarere ka Huye n’abandi, hakurikiraho abaterankunga barimo Akagera Business group, Gemeca, Horizon Express
Abafana bategereje n’amatsiko menshi kureba uko ibihembo bitangwa



Kwiyerekana kuri moto birangiye n’isiganwa ry’amamodoka na ryo ryarangiye, mu hakurikiyeho gutanga ibihembo





Abasore babiri bo muri Afurika y’Epfo Scott na Nicky bakomeje kwerekana ko basobanukiwe ipikipiki.
Abatuye i Huye baryohewe n’ukuntu za moto ziyerekaga mu kirere,zikajya hasi akanya gato.

Super Stage irarangiye, isiganwa ry’amamodoka rirarangiye, hakurikiyeho ba bakinnyi bakomoka muri Afurika y’Epfo, ubu ni bo basusurukije abafana mu kugurutsa moto.
Imodoka zakomeje gusiganwa ziniyereka abafana mu kitwa Super Stage, ivumbi na ryo ritumuka.
Mohamed Roshanali amaze kwerekana ubuhanga bwe ku modoka,hakurikiyeho Gakwaya Claude na Mugabo Claude





Imodoka zakomeje kwiyereka abafana, habanje izirimo abaterankunga, imwe itwawe na Mohamed Roshanali, indi itwawe na Gakwaya Claude.
Imodoka zose zamaze kuhagera, hakurikiyeho Super Stage
13h20: Hasigaye imodoka imwe, ngo amamodoka yose asoze isiganwa ryo mu muhanda wa Gisagara na Huye, nyuma aze gukomereza imbere ya Stade Huye hakinwa agace kitwa Super Stage, aho amamodoka aza kuba azenguruka mu gace gato kateguwe.
Uko byari bimeze mbere
Ahagana ku i Saa tanu z’amanywa nibwo umwiyereko wa moto wakorwaga n’abakinnyi bakomoka muri Afurika y’epfo, aho abafana bari benshi bari bafite amatsiko yo kwirebera aba bakinnyi bakora ibyo benshi bafashe nk’ibitangaza.
Amafoto y’uko byari bimeze

















isiganwa ry’amamodoka na ryo rirakomeje
Mu gihe habaga umwiyereko wa moto (Free Style), amamodoka na yo akomeje gusiganwa, aho yazengurutse inshuro ebyiri mu mihanda y’Akarere ka Huye na Gisagara.
Abasiganwa banyuze by’umwihariko mu bice bya Save, aho bava bagaruka kuri Stade Huye gusoza isiganwa bakina ikitwa Super Stage, ndetse n’abasiganwa na moto na bo bagakomeza basiganwa imbere ya Stade Huye.
Isiganwa ry’amamodoka ryarangiye ....
Kigali Today irahakubereye ....
Amafoto: Muzogeye Plaisir
Ohereza igitekerezo
|
tubashimiye uburyo mudahwema kuduha amakuru agezweho.
ariko bibaye byiza mwadushakira amashusho Tata marusuanwa kuko tubonye amafoto mudutera inyota.
mutugeragereze
mujye mutugezaho amakuru y’imikino yo mubwongereza
mwatubwira igihe ayamarushana igihe abera???
mwatubwira igihe ayamarushana igihe abera???
mumpe amakuru yawamukinyi wahano ikigari nudukoryotwe niba yarahari
umumotari w’ikigali, witwa David se yaba yitabiriye? utu dukoryo adukoresha moto zisanzwe. byaba bibabaje atahageze.