Iteramakofe: Floyd Mayweather na Manny Pacquiao bagiye kongera guhurira mu mirwano

Ibihangange mu mukino w’iteramakofe, Floyd Mayweather na Manny Pacquiao bagiye kongera guhurira mu mukino wa mbere w’iteramakofe w’ababigize umwuga uzabera muri Sphere i Las Vegas.

Uyu mukino uzaba tariki 19 Nzeri 2026, uteguwe nyuma y’uwabahuje mu 2015 wakurikiwe no gusezera iteramakofe kuri Floyd Mayweather nyuma yo kubimenyesha impuzamashyirahamwe y’umukino w’iteramakofe ku Isi (World Boxing Council, WBC).

Floyd Mayweather, yasezeye nta mukino n’umwe atsinzwe muri 50 yakinnye, 27 yayitsinze kuri Knockout. Mu 2021, Manny Pacquiao nawe yahise asezera gukina nk’uwabigize umwuga.

Nubwo urubuga rwa Netflix rutangaza ko uyu mukino uzahuza ibi bihangange byombi uzaba mu buryo bw’ababigize umwuga, gusezera kwa Mayweather na Pacquiao bamwe bavuga ko uzaba umeze nk’uwo kwishimisha kurusha guhangana. Ni umukino kandi uzatambuka kuri Netflix gusa.

Tariki 2 Gicurasi 2015 muri MGM Grand Garden Arena mu Mujyi wa Las Vegas habereye umukino w’amateka mu mukino w’iteramakofe, wahuje ibi bihangange Umunya-Philippines, Emmanuel Dapidran Pacquiao bita ’Manny’ na Floyd Joy Mayweather Jr ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Muri uwo mukino, Floyd Mayweather niwe wegukanye intsinzi ku buryo bwumvikanyweko n’abatanga amanota bose ndetse bituma aca agahigo mu mukino w’iteramakofe aho yahembwe miliyoni 150 z’amadolari ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika naho Pacquiao watsinzwe ahabwa miliyoni 100.

Ni umukino washyizeho agahigo kuko warebwe n’abantu bagera hafi ku bihumbi 17 bari bateraniye mu nyubako ya MGM Grand Garden Arena i Las Vegas muri Amerika. Ni mu gihe hirya no hino ku Isi, abantu bagera kuri miliyoni eshatu bawakurikiye kuri televiziyo.

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka