Moto zisimbuka, Anita Pendo na Isheja Sandrine muri Huye Rally (Amafoto + Video)

Mu mpera z’iki cyumweru mu karere ka Huye na Gisagara hari kubera isiganwa ry’amamodoka rizwi nka Huye Rally, ariko ryanasusurukijwe na Moto zisimbuka

Ni isiganwa ngarukammwaka rigamije kwibuka Gakwaya Claude, wahoze akina uyu mukino, aza kwitaba Imana mu 1986 azize impanuka. Isiganwa ry’uyu mwaka ryakinwe kuva ku wa Gatanu tariki 14/06 kugera kuri iki Cyumweru tariki 16/06/2024.

Umwiyereko wa Moto zisimbuka uri mu byasusurukije Huye Rally
Umwiyereko wa Moto zisimbuka uri mu byasusurukije Huye Rally

Umunsi wa mbere wakinwe nijoro

Ni umunsi hakinwaga agace k’isiganwa gakinwa nijoro (Classification Stage) kari no mu bikunze kuba umwihariko wa Rally ya Huye, aho abasiganwa baba baniyereka abakunzi b’uyu mukino bakata mu bice by’umujyi wa Huye.

Kuri iyi nshuro hagaragayemo bamwe mu banyamakuru b’abagore bakaba n’abashyushyarugamba (MCs) ari bo Anita Pendo wari ‘Co-Pilote’ ni ukuvuga uwakinaga afasha Adolf Nshimiyimana, ndetse na Isheja Sandrine wakinaga afasha Davite Giancarlo usanzwe cyane muri uyu mukino.

Isheja Sandrine, Umunyamakuru wa Kiss FM ari mu bitabiriye Huye Rally 2024
Isheja Sandrine, Umunyamakuru wa Kiss FM ari mu bitabiriye Huye Rally 2024
Isheja Sandrine ari gufatanya na Giancarlo Davite
Isheja Sandrine ari gufatanya na Giancarlo Davite
Anita Pendo na we yitabiriye Huye Rally 2024
Anita Pendo na we yitabiriye Huye Rally 2024

Moto ziri mu byasusurukije iri siganwa

Ku wa Gatandatu tariki 15 Kamena 2024, mbere y’uko isiganwa rikomereza mu bice by’akarere ka Gisagara, habanje kuba umwiyereko wa Moto zisimbuka udusozi twari twakozwe harundarundwa ibitaka, ibi nabyo bikba mu bikunze kuranga Rally ya Huye.

Ku wa Gatandatu, abatuye ku Gisagara n’abandi bakunzi ba Rally birebeye isiganwa

Isiganwa kuri uyu wa Gatandatu ryakomereje mu bice by'akarere ka Gisagara
Isiganwa kuri uyu wa Gatandatu ryakomereje mu bice by’akarere ka Gisagara

Reba ibindi muri iyi Video:

Video: Eric Ruzindana/Kigali Today

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka