Police y’u Rwanda yatsinze iya Kenya muri Handball mu mikino ya EAPCCO (Amafoto)

Mu mikino ihuza Abapolisi bo mu karere ka Afurika yo hagati n’i Burasirazuba (EAPCCO) iri kubera muri Ethiopia, Polisi y’u Rwanda yatsinze iya Kenya mu mukino wa mbere

Kuri uyu wa Mbere mu nyubako ya Ethiopian Sports Academy muri Ethiopia, habereye umukino wa mbere muri Handball mu mikino ya EAPCCO iri kubera muri iki gihugu kuva tariki 28/04/2025.

Ni umukino wahuje ikipe ya Handball ya Polisi y’u Rwanda, aho yari yahuye n’ikipe ya Polisi ya Kenya, umukino waje kurangira u Rwanda rutsinze Kenya ibitego 39 kuri 29.

Byari ibyishimo ku bagize delegasiyo y'u Rwanda iri muri Ethiopia, nyuma yo kubona intsinzi ya mbere muri Handball
Byari ibyishimo ku bagize delegasiyo y’u Rwanda iri muri Ethiopia, nyuma yo kubona intsinzi ya mbere muri Handball

Ikipe ya Polisi y’u Rwanda yari isanzwe inafite iki gikombe yegukanye umwanya wa 2023 ubwo amarushanwa yaberaga mu Rwanda, izakina umukino wa kabiri tariki 03/05 ubwo hazaba ari no ku munsi usoza amarushanwa.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka