Police HC na Kaminuza ya Huye begukanye igikombe cy’Ubutwari (AMAFOTO)

kipe ya Police HC mu bagabo na Kaminuza ishami rya Huye mu bagore ni bo begukanye igikombe cy’Ubutwari cyasojwe kuri iki cyumweru ku Mulindi w’Intwari.

Kuri uyu wa Gatandatu mu karere ka Gicumbi ni ho hatangijwe igikombe cy’ubutwari mu mukino wa Handball, aho irushanwa ryari ryitabiriwe n’amakipe 15 mu bagabo, n’amakipe 10 mu bagore.

Ku munsi wa mbere w’irushanwa hakinwe imikino y’amajonjora mu matsinda, maze kuri iki Cyumweru hakinwa imikino ya ½ n’imikino ya nyuma yose yabereye ku Mulindi w’Intwari.

Mu bagabo, ikipe ya Police Handball Club yaje gutsinda ikipe ya ES Kigoma muri ½ ibitego 34 kuri 27, naho APR HC itsinda ikipe ya Gicumbi ibitego 30 kuri 26, mu gihe mu bakobwa ikipe ya Kaminuza ya Huye yatsinze ISF Nyamasheke 19-13 naho Kaminuza ya Rukara itsinda GS Kiziguro 21-18.

Ku mukino wa nyuma mu bagabo, ikipe ya Police HC yaje kwegukana igikombe itsinze APR HC ibitego 40 kuri 35, ni nyuma y’uko igice cya mbere cyari cyarangiye Police ifite 22 kuri 17 bya APr HC.

Mu bagore, amakipe ya Kaminuza y’u Rwanda abiri ari iyo Kaminuza ishami rya Rukara na Kaminuza ishami rya Huye, bahuriye ku mukini wa nyuma maze Kaminuza ya Huye itsinda Kaminuza ya Rukara.

Amafoto

Muri 1/2 Gicumbi Hc yagerageje guhatana na APR ariko birangira itsinzwe
Muri 1/2 Gicumbi Hc yagerageje guhatana na APR ariko birangira itsinzwe
Karenzii Yannick umwe mu bakinnyi bahoze muri APR HC ari mu bari bayigoye
Karenzii Yannick umwe mu bakinnyi bahoze muri APR HC ari mu bari bayigoye
Mariyamungu wa Gicumbi HC ashakisha igitego muri 1/2 bahura na APR HC
Mariyamungu wa Gicumbi HC ashakisha igitego muri 1/2 bahura na APR HC
Gutsinda bisaba amayeri menshi muri uyu mukino
Gutsinda bisaba amayeri menshi muri uyu mukino
Kaminuza ya Rukara mbere y'umukino
Kaminuza ya Rukara mbere y’umukino
Kaminuza y'u Rwanda ishami rya Huye mbere yo kwegukana igikombe
Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye mbere yo kwegukana igikombe
Kaminuza ya Rukara ntiyahiriwe n'umukino
Kaminuza ya Rukara ntiyahiriwe n’umukino
APR HC mbere y'umukino
APR HC mbere y’umukino
Ikipe ya APR yari yatangiye iyoboye umukino ariko Police iza kuyigaranzura
Ikipe ya APR yari yatangiye iyoboye umukino ariko Police iza kuyigaranzura
Police HC yari iri hejuru muri uyu mukino
Police HC yari iri hejuru muri uyu mukino
Ikipe ya Police ifata ifoto y'urwibutso hamwe n'abayobozi bari bitabiriye iyi mikino
Ikipe ya Police ifata ifoto y’urwibutso hamwe n’abayobozi bari bitabiriye iyi mikino
Anaclet Bagirishya utoza APR HC, yatangaje ko gutakaza benshi mu bakinnyi yari afite umwaka ushize biri mu byatumye atsindwa
Anaclet Bagirishya utoza APR HC, yatangaje ko gutakaza benshi mu bakinnyi yari afite umwaka ushize biri mu byatumye atsindwa
Umunyamabanga Uhoraho muri MINISPORTS Shema Maboko Didier nawe yari yitabiriye iyi mikino
Umunyamabanga Uhoraho muri MINISPORTS Shema Maboko Didier nawe yari yitabiriye iyi mikino
Ikipe ya Kaminuza ya Rukara yahembwe ibihumbi 50 Frws.
Ikipe ya Kaminuza ya Rukara yahembwe ibihumbi 50 Frws.
Police Hc yishimiye kwegukana iki gikombe
Police Hc yishimiye kwegukana iki gikombe
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka