Kuri iki Cyumweru ku kibuga cya Maison des Jeunes Kimisagara, habereye umukino wafatwaga nk’uwa nyuma muri Shampiona y’umukino wa Handball, uhuza amakipe yakurikiranaga ku rutonde rwa Shampiona, aho Police yari iya mbere n’amanota 45, igakurikirwa na APR n’amanota 43.



Ikipe ya APR yari yatsinzwe na Police mu mukino ubanza, yasabwaga gutsinda byibuze ku kinyuranyo cy’ibitego 3, gusa si ko byaje kugenda kuko umukino waje kurangira amakipe yombi anganya ibitego 31-31, mu gihe igice cya mbere cyari cyarangiye na bwo amakipe anganya 13-13.

Biteganyijwe ko Police Hc nyuma yo kwegukana iki gikombe, izagishyikirizwa ku wa Gatandatu, nyuma y’imikino yo gusoza Shampiona izwi ku izina rya Carré d’As izahuza amakipe ane ya mbere ari yo Police Hc, APR Hc, ES Kigoma na College Inyemeramihigo.
Ohereza igitekerezo
|
Police HC nikomerezaho yerekere Police FC uko batwara ibikombe nayo tuyifurize kugitwara kenshi
yikurikiranya
Police oyeeeeee!!!!!
BIRASHIMISHIJE CYANE KUBA DUSHOBOYE KWEGUKANA CHAMPIONNAT Y’IGIHUGU Y’UMUKINO WA HANDBALL INSHURO 3 ZIKURIKANA.2014,2015 NA 2016.NI IGIKORWA CY’INDASHYIGIKIRWA MU MATEKA YA HANDBALL MU RWANDA NO KURI POLICE Y’IGIHUGU MURI RUSNAGE.
Congrats to police handaball club, iyi kipe inyibutsa Lyon mu myaka yashize yabaye undisputed neza neza, nta gakipe gakoraho yaba hano mu rwanda no mu karere reka dutegereza amarushanwa mpuzamahanga twizera ko naho izitwara neza.
Well done Police, iyi kipe rwose ikwiye gushimwa gutwara igikombe inshuro 3 yikurikiranya aba basore ba polisi ni abahanga saana tubifurije amahirwe masa mu mikino ny’Afrika