Kuri iki Cyumweru ikipe ya Etincelles ni bwo yatoye komite nshya, aho yaje gutora uwari Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero Ruboneza Gedeon wigeze no kuyiyobora mu myaka ishize, agasimbura Mvano Etienne wari Perezida ubu watowe mu bajyanama b’iyo kipe.

Komite nshya yatowe
Perezida: Ruboneza Gedeon
Visi-Perezida wa mbere: Ndaribumbye Vincent
Visi-Perezida wa kabiri: Hassan
Umunyamabanga mukuru: Kabanda Innocent
Ushinzwe gushaka amasoko: Hitayezu Dirigeant
Abajyanama: Mvano Etienne, Gafora Sentibagwe, Mutangana Emmanuel na Twagirayezu Pierre Celestin

Kugeza ubu ikipe ya Etincelles izakina Shampiyona idafite ikibazo cy’amikoro nyuma yo kubona umuterankunga (Fezabet) bazafatanya guhera muri uyu mwaka w’imikino, iyo kipe kandi ikaba yari yasoje Shampiyona y’umwaka ushize iri ku mwanya wa karindwi n’amanota 40.
National Football League
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|