Urutonde rw’abakinnyi bamaze guhindura amakipe kugeza ubu mu Rwanda

Mu gihe umwaka w’imikino mu Rwanda wamaze gusozwa amakipe arimo APR FC, Rayon Sports na Kiyovu Sports akomeje kwiyubaka agura abakinnyi bashya ndetse anongerera abandi amasezerano

APR FC

Kugeza ubu iyi kipe n’ubwo itaratangaza ku mugaragaro abakinnyi yaguze,kugeza ubu yamaze gusinyisha ba myugariro Niyigena Clement wakiniraga Rayon Sports na Ishimwe Christian (AS Kigalin’abandi barimo Ishimwe Fiston (Marine FC) na Niyibizi Ramadhan (AS Kigali).

NIYIGENA Clément wakiniraga Rayon Sports yerekeje muri APR FC
NIYIGENA Clément wakiniraga Rayon Sports yerekeje muri APR FC
ISHIMWE Christian wakiniraga AS Kigali
ISHIMWE Christian wakiniraga AS Kigali

Ikipe ya APR FC kandi bivugwa ko yamaze no kongerera amasezerano abakinnyi icyenda ari bo Mugunga Yves, Ruboneka Jean Bosco, Bizimana Yannick, Buregeya Prince, Nshuti Innocent, Ndayishimiye Dieudonne, Itangishaka Blaise,
Ahishakiye Hertier na Nshimiyimana Yunusu.

Rayon Sports

Kugeza ubu iyi kipe icyo yahereyeho kwari ugusinyisha umutoza mushya ari we Haringingo Francis akaba agomba kuzaba ari kumwe n’itsinda bakoranaga mu ikipe ya Kiyovu Sports n’ubwo batarerekanwa ku mugaragaro.

Haringingo Francis wamaze kugirwa umutoza mukuru wa Rayon Sports
Haringingo Francis wamaze kugirwa umutoza mukuru wa Rayon Sports

Kugeza ubu abakinnyi bazwi ko ikipe ya Rayon Sports yamaze gusinyisha ni uwitwa Iraguha Hadji wakiniraga ikipe ya Rutsiro FC, Raphael Osalue wakiniraga Bugesera, Hirwa Jean de Dieu wakiniraga Marine Fc na Ngendahimana Eric wakiniraga Kiyovu Sports, na myugariro w’ibumoso Ishimwe Ganijuru Elie wakiniraga Bugesera FC.

Ishimwe Ganijuru Elie wakiniraga Bugesera FC
Ishimwe Ganijuru Elie wakiniraga Bugesera FC
Ngendahimana Eric nyuma yo gusinya muri Rayon Sports
Ngendahimana Eric nyuma yo gusinya muri Rayon Sports

AS Kigali

Ikipe ya AS Kigali kuri ni imw mu batangiye kwiyubaka mbere y’uko umwaka w’imikino urangira, aho yasinyishije Rucogoza Eliassa wakinaga mu ikipe ya Bugesera FC, ndetse Akayezu Jean Bosco wakinaga mu ikipe ya Etincelles.

AS Kigali kandi kugeza ubu biravugwa ko yamaze gusinyisha myugariro Dusingizimana Gilbert wakinaga inyuma ku ruhande rw’ibumoso mu ikipe ya Kiyovu Sports, ubu ikaba iri kurwana no kongerera amasezerano abakinnyi barimo Shabban Hussein Tchabalala.

Kiyovu Sports

Iyi kipe nayo mbere y’uko umwaka w’imikino urangira yasinyishije abanya-Sudani babiri ari bo Sharaf Eldin Shaiboud Ali Abderlahman wakiniye Simba SC yo muri Tanzania, ndetse na rutahizamu witwa John Mano, gusa bikaba bivugwa ko aba bakinnyi bifuza gusesa aya masezerano kuko ibyo bemerewe na Kiyovu batabihawe.

John Mano
John Mano
Sharaf Eldin
Sharaf Eldin

Ikipe ya Kiyovu Sports kandi kugeza ubu yamaze kongera amasezerano ya Serumogo Ally, isinyisha myugariro Runanira Hamza wakinaga muri Espoir, ndetse na Iradukunda Bertrand wavuye muri Township Rollers yo muri Botswana.

Bugesera FC

Kugeza ubu iyi kipe imaze gusinyisha Ishimwe Saleh wakinaga muri SCKiyovuSports na Nsengayire Shadad wakinaga muri Gicumbi, Nsengiyumva Moustapha wakiniraga Gasogi United na Faustin Niyomukiza wavuye muri RWAMAGANA City FC.

Ishimwe Saleh wavuye muri Kiyovu Sports
Ishimwe Saleh wavuye muri Kiyovu Sports
Faustin Niyomukiza wavuye muri Rwamagana
Faustin Niyomukiza wavuye muri Rwamagana
Shadad Nsengayire wavuye muri Gicumbi FC
Shadad Nsengayire wavuye muri Gicumbi FC
Samson Babuwa yasubiye muri Sunrise
Samson Babuwa yasubiye muri Sunrise

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

abafana bareyo siporo ndabasuhukije ni varante nkabandimuri congo

varante yanditse ku itariki ya: 19-07-2022  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka