Nyuma y’inama ndende yaraye ihuje Komite nyobozi ya Rayon Sports, yafashe umwanzuro wo gusezerera umunya-Mexique Javier Martinez Espinoza wari umaze amezi atatu ayitoza.

Ibi bije nyuma yo kutishimira uburyo uyu mutoza yitwaye mu mikino ibanza, harimo by’umwihariko umukino yatsinzwemo na APR FC bigaragara ko anarushwa, aha akaba yarashinjwe na benshi ko yahagaritse nabi iyi kipe ya Rayon Sports mu kibuga.

Amakuru atugeraho avuga ko uyu mutoza mu masezerano yagiranye na Rayon Sports, igihe yaba yirukanwe amasezerano ye atarangiye, yahabwa ukwezi kumwe gusa k’umushahara kw’imperekeza.
Javier Martinez Espinoza atandukanye na Rayon Sports amaze kuyitoza imikino 15 ya shampiyona, aho yatsinzemo imikino icyenda, atsindwa imikino ibiri, anganya ine, akaba ayisize ku mwanya wa gatatu n’amanota 31 arushnwa na APR FC ya mbere amanota atandatu.
National Football League
Ohereza igitekerezo
|
Apr ohhh!! Naho ibya rayon sport nakagaruka ninkibisanzwe
Umutoza ararenganye cyane buriya se arsdhinjwa iki?
Umutoza ararenganye cyane buriya se arsdhinjwa iki?
Yanze kumva ibyo commite imubwira,ntabwo yemeraga kugirwa Inama, ubundi ntawe usuzugura umuyobozi we
Ariko jye narumiwe mushobora kuba muti umupira pe yatsinze marine 6 mwikomanga ku gatuza ngo ni igitangaza atsinda mukura 5 muti ni ubutumwa ahaye APR none iramutsinze muti nyazi gutoza uwo muzazana se izayitsinda ibihe bose monde? Ese ko murenganije niwe waguze abarukanwe na APR?abakinnyi mwamuhaye ntawundi muzaruro utari uriya ubuse niwe watumye erive muri congo? Ubuse niwe waguze ba bariya banyamahanga (Sidibe,comodori)bahagarikwa na bukuru kdi mwaramwirukanye ngo ntashoboye mukabazana ntanakimwe bamurusha jye ikosa ndishira kubuyobozi kuruta uko narishyira ku mutoza buriya mwaguraga iranzi,amuran,maxime,murafa ......mwumva bazabaha uwihe musaruro koko kdi muziko birukaniwe umusaruro mubi mwumvaga mufite umuhe buhanga burenze ubwa APR? Jye mbona gutsindwa byari ngombwa .jye ndi APR nyawe ariko igitekerezo cyanyje nicyo
Tubashimiye amakuru meza muduhaye kuri Rayon sport njye ndumva kwirukana umutoza sibyiza kuko urebye no mubakinnyi harimo umwuka utari mwizape bazineza ko babe
nshwaho na bafaba barangiza bakitwara uko biboneye nabo barihemukiyepe murakoze mbifurije umwaka mushya muhire wa 2020.
Niyigendere byaragaragayeko atarari kurwego rwo gutoza rayon sport y’abafana benshi bahora banyotewe n’intsinzi.mukomeze kugira akazi keza.
Ariko nkibi bibera muri equipe yacu koko kombona arakavuyo katazanashira ubu tuzatuza ryari nonese gutsindwa na APR biba bisobanuye kwirukana umutoza?gutsindwa na Rayon sport kwa APR bisobanura ko ubwo umutoza wa APR adashoboye?Ko yatsinzwe na Sanarize ko batamwirukanye ko yatsinze Mukura kuki abafana tutumva ibyumupira koko?Niyigendere icyo nzi nuko arumutoza mwiza kandi wumuhanga
Nagende kbsa yaratubabaje aturishije iminsi mikuru nabi