
Mu Kiganiro yagiranye na Kigali Today, Ahmed Abdelrahman Adel yavuze ko impamvu nyamukuru yatumye asesa amasezerano ari ikibazo cy’uburwayi.
Yagize ati "Mfite ikibazo cy’uburwayi, nshaka kujya kwivuza mu Misiri."
Uyu mutoza yakomeje avuga ko nta kibazo afitanye na Gasogi United, kuko ari we washatse ko basesa amasezerano.
Ati "Uyu munsi nagiranye inama na Perezida, nahisemo gusesa amasezerano yanjye kuko ari byiza ku mpande zombi. Ni njyewe wabisabye ntabwo ari we wabinsabye, nta kibazo dufitanye."

Gasogi United mu mikino itanu yaherukaga gukina yari yatsinzemo ibiri (2) inganya umwe (1), mu gihe yatsinzwe ibiri yikurikiranya ariyo yaherukaga gukina.
Uyu mutoza ugiye ajyanye n’uwari umwungirije Bahaaeldin Ibrahim, bombi bari basinye amasezerano y’umwaka umwe ubwo berekanwaga ku mugararagaro tariki 18 Nyakanga 2022, bakaba bagiye basize ikipe ya Gasogi United ku mwanya wa gatanu n’amanota 10.

National Football League
Ohereza igitekerezo
|
Imana ibane nawe kd arware ubukira
birababaje ark nimba ari kumpamvu z’uburwayi ,abafana ba gasogi tuzayigwa inyuma
birababaje ark nimba ari kumpamvu z’uburwayi ,abafana ba gasogi tuzayigwa inyuma