Muri iki gitondo ni bwo ibaruwa yo kwegura k’uyu munyamabanga yatugezeho, aho yandikiye umuyobozi w’umuryango wa Rayon Sports avuga ko yamaze kwegura ku mirimo yari amazeho amezi make.

Kwegura kwa Abraham Kelly, bije nyuma yo kwegura k’umuvugizi w’iyi kipe, aho ibi byose kandi bije bikurikirana n’ibibazo bimaze iminsi bivugwa muri Rayon Sports, aho ndetse by’umwihariko Umuryango wa Rayon Sports uhagarariwe mu mategeko na Ngarambe Charles, wari wakuyeho Komite yose ya rayon Sports, ariko yo ikavuga ko ababikoze nta burengazira babifitiye.

Kuva Munyakazi Sadate yatorwa tariki 14/07/2019, bamwe mu bayobozi batandukanye bari batowe bari bagiye begura barimo Twagirayezu Thadée wari watorewe kuba Visi Perezida wa mbere, Ernest Nsangabandi wari Umunyamabanga wa Komite nkemurampaka ndetse n’abandi bagera kuri batanu yakuyeho.
National Football League
Ohereza igitekerezo
|
Rayon yacu bakomeje kuyitererana koko?nanjye ndareba Indi nifanira