Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda" Ferwafa" ryatangaje ko umukino wagombaga guhuza ikipe ya Etincelles na Marines kuri uyu wa gatatu tariki ya 29/04/2015, wimuriwe kuwa kane kuri Sitade Ubworoherane mu karere ka Musanze.
Iyi mpinduka yaje nyuma yaho ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, Ferwafa ribonye ibaruwa iturutse mu buyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwanditse busaba kwimurira ahandi uyu mukino kubera gahunda yo kwibuka abatutsi bazize jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka wa 1994, iteganyijwe mu murenge wa Gisenyi kuva ku tariki ya 29-30/04/2015.

Mu gihe umukino wa Marines na Etincelles wasubitswe, indi mikino y’ibirarane irakinwa uyu munsi.
Kuwa Gatatu
Gicumbi vs APR (Gicumbi, 15.30)
Rayon Sports vs Sunrise (Muhanga, 15.30)
Kuwa Kane
Marines vs Etincelles (Musanze, 15.30)
Muri iyi mikino y’ibirarane kandi abakinnyi bane nibo batari bukine imikino y’ibirarane y’icyiciro cya mbere iri bukinwe kuri uyu wa gatatu.

Abo bakinnyi ni ;
Mukunzi Yannick (APR)
Rucogoza Aimable (Gicumbi)
Youssa Bertrand (Etincelles)
Nahimana Isiyaka (Etincelles
Sammy IMANISHIMWE
National Football League
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|