Umukino wa Kiyovu Sports na APR FC wimuwe
Yanditswe na
Isaac Kuradusenge
Umukino w’umunsi wa munani wa shampiyona wagombaga kuzahuza ikipe ya Kiyovu Sports n’iya APR FC wimuriwe kuwa gatanu tariki ya 08 Ugushyingo 2019 isaa kumi n’ebyiri z’umugoroba kuri sitade ya Kigali i Nyamirambo.

Uyu mukino wagombaga kuzaba kuwa gatatu tariki ya 06 Ugushyingo ,ukabera ku Mumena isaa cyenda z’amanywa.

Mu ibaruwa ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA ryandikiye ikipe ya Kiyovu Sports risubiza iyo iyi kipe yari yanditse isaba ko umukino wakwimurwa, FERWAFA yavuze ko ubusabe bwa Kiyovu bwemewe.

Ikipe ya Kiyovu Sports iri ku mwanya wa kane n’amanota 14, mu gihe APR FC iyoboye urutondwe rwa shampiyona n’amanota 17.
MENYA UMWANDITSI
National Football League
Ohereza igitekerezo
|