U Rwanda rwaje ku mwanya mwiza rutigeze rugeraho ku rutonde rwa FIFA
Urutonde ngarukakwezi rukorwa n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA) rwashyizwe ahagaragara ku wa kane tariki ya 12/03/2015 rurerekana ko u Rwanda rwigiye imbere ho imyanya 8 ruhita ruza ku mwanya 64, ari nawo mwanya mwiza wa mbere ikipe y’igihugu Amavubi agize mu mateka.
Ku rutonde rwari rwasohotse mu kwezi gushize u Rwanda rwazaga ku mwanya wa 72 naho ku rutonde rw’ukwezi kwa mbere rukaba rwarazaga ku mwanya 68 ku isi.
Uru rutonde ngarukakwezi rwa FIFA ruzwi nka “FIFA Coca Cola ranking” rukorwa hashingiwe ku buryo amakipe yitwaye mu marushanwa yemewe na FIFA cyangwa se imikino ya gicuti yemewe na FIFA. Nubwo ariko u Rwanda rwaje ku mwanya nk’uyu, nta mukino n’umwe ikipe y’igihugu “Amavubi” yakinnye muri uku kwezi gushize kwa Gashyantare.

Mu karere k’ibiyaga bigari, u Rwanda ruza inyuma ya Repubika iharanira Demokarasi ya Congo Congo (47 ku isi), rugakurikirwa na Uganda (74), Tanzania (100), Ethiopia (102), Kenya (118) n’ u Burundi (126).
Ku mugabane w’Afrika, igihugu cy’Algeriya, nubwo kititwaye neza mu gikombe cy’Afurika cyabye umwaka ushize, kiracyari ku mwanya wa mbere, mu gihe Côte d’Ivoire yegukanye icyo gikombe iza ku mwanya wa kabiri muri Afurika.

Ibihumbi 10 bya mbere muri Afrika
1. Algeria
2. Côte d’Ivoire
3. Ghana
4. Tunisia
5. Senegal
6. Cap Vert
7. Nigeria
8. Guinea
9. DRC
10. Cameroun
Ku isi, igihugu cy’ubudage gikomeje kuyobora uru rutonde, aho umwanya mubi iki gihugu kigeze kugira ari mu kwezi kwa 03/2006 aho bazaga cyaje ku mwanya wa 22.

Ibihugu 10 bya mbere ku isi:
1. Ubudage
2. Argentina
3. Colombiya
4. Ububiligi
5. Ubuholandi
6. Brazil
7. Portugal
8. Ubufaransa
9. Uruguay
10. Ubutaliyani
Umwanya mubi u Rwanda rwagize mu myaka 20 ishize ni mu kwezi 08/1999 u Rwanda rwaje ku mwanya wa 178 rwanasubiye inyuma ho imyanya 20. Urundi rutonde ngarukakwezi rukaba ruzatangazwa ku itariki ya 09/04/2015.
Sammy IMANISHIMWE
National Football League
Ibitekerezo ( 7 )
Ohereza igitekerezo
|
muri afurika ruri ku mwanya wa kangahe
Nge Nizeye Ko Tuzagera Nokumwanya Wa 20 Juliene Nakore Uko Ashoboye Atugeze Kumwanya Ushimishije .
Mbega inkuru ishimishije uwomwanyawa 64 ubutaha nugutegura imikinomyinshi yagicuti kugirango dukomeze twigirimbere
Birasekeje.
Umwanya w’ubuntu. Ese ko nyine rutakinwe uyu mwanya ni uwa gute? Abarundi, abagande ndahamya ko bari imbere yacu.
Mbega inkuru ishimishije uwomwanyawa 64 ubutaha nugutegura imikinomyinshi yagicuti kugirango dukomeze twigirimbere
nshimiy’Amavubi kumwanya mwiza igezeho nikomerez’aho.
ariko njye ko ntangazwa nabantu banenga ntibashime kuki katawuti atagiricyo akosora ngwajye kuri plan akumva gusa ko yaca abana intege?iyo uzikintu uracyigisha ntucyiratana