U Rwanda na Uganda mu itsinda rimwe muri CECAFA

Nyuma ya tombola yakozwe ku wa gatanu tariki ya 15/11/2013, u Rwanda rwashyizwe mu itsinda rya gatatu ririmo Uganda, Sudan na Eritrea mu mikino y’igkombe cya CECAFA y’ibihugu izabera muri Kenya kuva tariki ya 27/11/2013.

Muri iryo rushanwa ry’ibyumweru bibiri rizitabirwa n’amakipe 12, itsinda rya mbere rizaba rigizwe na Kenya, Ethiopia, Zanzibar na Sudan y’Amajyepfo, naho itsinda rya kabiri rikaba ririmo Tanzania, Zambia yagarutse muri CECAFA nk’umushyitsi , Burundi na Somalia.

Iyo u Rwanda rwakinnye na Uganda biba ari ibicika.
Iyo u Rwanda rwakinnye na Uganda biba ari ibicika.

Aganira na Supersport dukeshha iyi nkuru, Umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Kenya Sam Nyamweya yavuze ko imikino yose izagenda neza nk’uko yateguwe kandi ko ibintu byose byamaze gushyirwa kuri gahunda.

Imikino ya CECAFA izakinirwa hirya no hino mu migi itandukanye ya Kenya nka Nairobi, Machakos, Mombasa, na Kisumu. Gusa ngo Kisumu ntiremezwa neza kuko ikibuga cyaho kiracyarimo gusanwa.

Irushanwa rya CECAFA riheruka kubera muri Uganda, igikombe cyatwawe na Uganda itsinze Kenya ibitego 2-1, ikomeza kwesa umuhigo wo gutwara ibikombe byinshi kuko imaze kugita 13. Icyo gihe u Rwanda rwagarukiye muri ¼ cy’irangiza rusezerewe na Tanzania.

Umukino wa mbere uzahuza Kenya na Ethiopia kuri Nyayo stadium tariki 27/11/2013.

Theoneste Nisingizwe

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

tubarinyuma bahungu bacyu ariko nabomurigukinna nabacyu ndimumenyeko ari ruhago mwongere imbaraga

eugene mugabo yanditse ku itariki ya: 16-11-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka