Tibingana arifuzwa n’amakipe abiri akomeye yo muri Kenya

Umukinnyi w’ikipe ya APR FC Tibingana Charles Mwesigye ari ku rutonde rw’abakinnyi bifuzwa cyane n’ikipe ya Gor Mahia na AFC Leopards zo mu gihugu cya Kenya.

Tibingana Charles na Andrew Buteera na n’ubu ntibarabona ibyangombwa bibemerera gukinira ikipe ya APR FC nk’Abanyarwanda, ikintu cyatumye kugeza ku munsi wa cyenda wa shampiyona nta n’umwe uragera mu kibuga.

Itangazamakuru ryo mu karere ryatangaje ko Tibingana Charles wahoze mu makipe ya Proline na SC Victoria University zo muri Uganda, ngo yaba yatangiye kurambagizwa n’amakipe abiri yo muri Kenya.

Tibingana Charles ku mukino wa Gor Mahia muri CECAFA.
Tibingana Charles ku mukino wa Gor Mahia muri CECAFA.

Tibingana ushigaje amezi ane ngo amasezerano yasinyanye na APR FC arangire, yatangarije ikinyamakuru Kawowo ko koko aya makipe yombi yamwegereye kandi ko yakwishimira gukina mu gihugu cya Kenya.

“Ni ukuri, amakipe ya Gor Mahia na Ingwe (Leopards) baranyegereye bambwira ko banyifuza. Ni byiza kuri njye kandi ndifuza gukina mu gihugu cya Kenya”, Tibingana.

Buteera Andrew wari umwe mu bakinnye beza mu Rwanda na we ntaragaragara muri uyu mwaka wa shampiyona.
Buteera Andrew wari umwe mu bakinnye beza mu Rwanda na we ntaragaragara muri uyu mwaka wa shampiyona.

Uyu musore wakuriye mu gihugu cya Uganda, ni umwe mu bafashije ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 17 kubona itike iyijyana mu gikombe cy’isi muri Mexique.

Tibingana aheruka gukinira ikipe ya APR FC muri CECAFA, aho yanagaragaye ku mukino iyi kipe yanganyijemo na Gor Mahia imwifuza ibitego 2-2.

Jah d’eau Dukuze

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka