Sunrise igiye kurega Rayon Sports kubera umukinnyi Sina Jerome

Ikipe ya Sunrise iratangaza ko yiteguye kugeza ikirego muri FERWAFA kubera umukinnyi wa Rayon Sports Sina Jerome kuri yo isanga atari akwiye kuba akinira iyi kipe muri iyi minsi.

Sina Jerome yaraye akinnye umukino we wa mbere muri Rayon Sports ubwo iyi kipe yanganyaga na Sunrise 1-1, mu mukino w’umunsi wa cyenda wa shampiyona waberaga i Rwamagana kuri iki cyumweru tariki 30/11/2014.

Sina yacungirwaga hafi mu mukino wose.
Sina yacungirwaga hafi mu mukino wose.

Uyu mukinnyi ariko mbere yo gukina, kapiteni wa Rayon Sports kuri uwo munsi Ndayishimiye Jean Luc Bakame, yabanje gusinyira ko ikipe ye izirengera ingaruka zishobora guterwa no kugaragara kwa Sina muri uwo mukino.

Ikipe ya Sunrise ivuga ko ikipe ya Police itari yemerewe kugurisha umukinnyi Sina Jerome kuko yamuhawe ku ntizanyo, ndetse ko isoko ry’igura n’igurisha ryasojwe mbere y’uko ikipe ya Virunga yemerera Sina kwerekeza muri Rayon Sports, aho Ferwafa yagakwiye kuba yarahannye Police FC aho kwemerera Sina ngo ajye muri Rayon Sports igihe cyararenze.

Ingingo ya 2 y'amasezerano ya Virunga na Police yabuzaga iyi kipe gutanga Sina itabimenyesheje Virunga ariko Police yabirenzeho.
Ingingo ya 2 y’amasezerano ya Virunga na Police yabuzaga iyi kipe gutanga Sina itabimenyesheje Virunga ariko Police yabirenzeho.

Umutoza w’ikipe ya Sunrise, Nzungu Thierry, yadutangrije ko nyuma y’umukino wabo na Rayon Sports, ko bagomba kurega uko byagenda kose. Ati “Tuzatanga ikirego nta mpamvu n’imwe yatubuza kugitanga kuko Sina (Jerome) ntiyari akwiye gukinira Rayon Sports mbere yo mu kwa mbere”.

Umuvugizi wa Ferwafa Mussa Hakizimana, we yemeza ko ko Sina Jerome ari umukinnyi wa Rayon Sports bidasubirwaho. Ati “Sina nta kibazo afite cya transfert kuko ibibazo byari amafaranga na Police ariko byarakemutse. Amakipe yombi yarumvikanye kandi na Virunga yarabyemeye”.

Nzungu Thierry (ibumoso) utoza Sunrise ngo biteguye kurega Ferwafa banayiregera.
Nzungu Thierry (ibumoso) utoza Sunrise ngo biteguye kurega Ferwafa banayiregera.

“Ubwo yazaga muri Police yaraguzwe umwaka ariko agiye muri Rayon Sports nk’intizanyo kuko ni nkaho Rayon Sports yaguze contrat ya Sina muri Police. Ikipe ya Virunga yari yabanje kubyanga kuko bamutije itabizi, ariko nyuma yo kwicara bakumvikana Virunga yanditse ibaruwa mu byumweru bibiri bishize yemerera kumutanga muri Rayon Sports” Mussa atangariza Kigali Today.

Rayon Sports yaregeye FERWAFA nyuma yo kubwira Police FC ngo iyisubize miliyoni icyenda z’amafaranga y’u Rwanda yatanze kuri Sina ariko Police FC ikavuga ko ititeguye gutanga aya mafaranga gusa biza kurangira hafashwe umwanzuro w’uko Sina Jerome yerekeza i Nyanza mu ikipe yanamenyekaniyemo mu Rwanda.

Sina Jerome yaraye yongeye gukinira Rayon Sports.
Sina Jerome yaraye yongeye gukinira Rayon Sports.
Ba kapiteni b'amakipe yombi babanje kumvikana ku kibazo cya Sina.
Ba kapiteni b’amakipe yombi babanje kumvikana ku kibazo cya Sina.
Abafana ba Rayon Sports bari biteze byinshi kuri Sina ku mukino w'i Rwamagana.
Abafana ba Rayon Sports bari biteze byinshi kuri Sina ku mukino w’i Rwamagana.

Jah d’eau Dukuze

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Ndumufana Wa Rayon Sport, Ariko Se Sunrise Irarega Iki? Twamaganye Abantu Batutesha Umutwe. Gusa Buhorobuhoro Nibwo Rugendo.

Mbonyimfura J Damascene Aka Social yanditse ku itariki ya: 1-12-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka