Amakipe yazamutse mu itsinda rya mbere ni AS Muhanga, Esperance FC , Gasabo United, Intare FC, naho ayazamutse mu itsinda rya kabiri ni Musanze FC , Rwamagana City, Sec Academy na Interforce.
Imikino ibanza ya ¼ cy’irangiza izaba ku cyumweru tariki 29 Mata aho Interforce izakina na AS Muhanga ku Mumena, SEC izakina na Esperance kuri stade ya Kigali i Nyamirambo saa saba, Intare FC ikine na Musanze kuri stade ya Kigali i Nyamirambo saa cyenda n’igice naho Gasabo United ikine na Rwamagana City ku kibuga cya FERWAFA i Remera.
Imikino yo kwishyura izaba tariki 5 Gicurasi, aho amakipe azatsinda mu mikino yombi azahita akomeza muri ½ cy’irangiza.
Amakipe abiri abonye itike yo gukina umukino wa nyuma, bidasubirwaho, ahita anabona itike yo kuzamuka mu cyiciro cya mbere, gusa agasigara ahatanira ishema ryo kwegukana igikombe cyo mu cyiciro cya kabiri.
Umwaka ushize Nyanza FC na Espoir nizo zazamutse mu cyiciro cya mbere zivuye mu cyiciro cya kabiri, ubu hakaba hategerejwe kumenyekana izizazamuka ndetse n’izizamanuka.
Kugeza ubu imibare igaragaraza ko Espoir FC na Nyanza FC zishobora kongera gusubira mu cyiciro cya kabiri nyuma y’umwaka umwe gusa zivuyeyo, kuko kugeza ubu ziri ku myanya ibiri ya nyuma mu cyiciro cya mbere.
Theoneste Nisingizwe
National Football League
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|