Ku munsi wayo wa Gatandatu, SHampiona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Rwanda iraza kuba ikinwa kuri uyu wa Gatandatu no ku Cyumweru, aho APR Fc yari imaze iminsi muri Congo Brazzaville na AS Kigali igiye kwerekeza muri Kenya zitagaragara mu mpera z’iki cyumweru.
Ikipe ya APR Fc yaraye isezerewe n’ikipe ya mu irushanwa ryaberaga muri Congo Brazzaville ryitwa Tournoi de la Republique yari yatumiwemo, aho yatsinzwe umukino wa mbere na CARA Brazzaville ibitego 2-0, ikba yaraye inatsindiwe kuri Penaliti 5-4 n’ikipe ya AS Kondzo bari banganyije 1-1.
Ikipe ya AS Kigali nayo irahaguruka i Kigali ku gicaunsi cyo kuri uyu wa gatanu, aho igiye gukina amarushanwa ahuza amakipe y’imijyi yo mu karere k’Afurika y’Iburasirazuba, gusa yo ikba igiye umukino yagombaga gukina mu mpera z’iki cyumweru yarawukinnye kuri uyu wa Gatatu, aho yatsinze Gicumbi igitego 1-0.

Imikino y’umunsi wa 6 iteganyijwe
Ku wa Gatandatu taliki 26 Ugushyingo 2016
Rayon Sports vs Bugesera Fc (Stade de Kigali)
Espoir Fc Vs Mukura VS (Rusizi)
Marines Fc vs Amagaju Fc (Stade Umuganda)
Pepiniere Fc vs APR Fc (Wimuriwe taliki 14 Ukuboza 2016)

Ku cyumweru taliki 27 Ugushyingo 2016
Musanze Fc vs Police Fc (Nyakinama)
Kirehe Fc vs SC Kiyovu (Ngoma)
Etincelles Fc vs Sunrise Fc (Stade Umuganda)
Kugeza ubu ikipe ya Rayon Sports ni yo iyoboye urutonde rw’agateganyo rwa SHampiona n’amanota 13, igakurikirwa na Sunrise ifite 10, APR Fc iri ku mwanya wa 7 n’amanota 8, mu gihe ku mwanya wa nyuma hari ikipe ya Marines ifite inota 1.
National Football League
Ohereza igitekerezo
|
hhhhh yewe narumiwe koko nyamara Ndoli n’ubwo bamuhannye yaciye amarenga
nawe se koko nyamukandagira mu kibuga kikarasa imitutu iyo ikandagiye mu kindi kibuga kitari icyo mu Rwanda bigenda bite? hhhhhh cg ahandi bakinira kuri kaburimbo maze ikibuga kikabatonda yewe ni hatari ahubwo
Igikona cyatsinzwe bikeya ahubwo.nigaruke yikomereze kuba star a domicile kuko hariya yari yageze aho idategeka abasifuzi uko yishakiye
kuba ayo makipe adahari ntibyabuza abandi gukina