Hashize iminsi hatangiye kuvugwa amwe mu makuru y’abakinnyi bashobora guhindura amakipe, ni nyuma y’aho kugeza ubu bivugwa ko shampiyona y’u Rwanda ishobora gusubikwa kubera imyanzuro y’inama ya MINISPORTS n’amashyirahamwe ivuga ko ibikorwa bya siporo bidashobora gusubukurwa mbere ya Kanama 2020.

Serumogo Ally ni umwe mu bakinnyi beza bari muri shampiyona bakina inyuma ku ruhande rw’iburyo
Ikipe ya Rayon Sports, kugeza ubu ni imwe mu makipe ari kuvugwa cyane, aho kugeza ubu byanavugwa ko yamaze kugirana ibiganiro na Serumogo Ally ukinira ikipe ya Kiyovu Sports.

Yasinye amasezerano y’imyaka ibiri muri Kiyovu Sports
Kuri uyu wa Gatanu, uyu myugariro ukina inyuma ku ruhande rw’iburyo, yaje gushyira umukono ku masezerano y’imyaka ibiri muri iyi kipe, bikuraho amakuru yavugaga ko agiye kwerekeza muri Rayon Sports.
National Football League
Ohereza igitekerezo
|