Serugaba Eric yarakize agiye kugaruka mu kibuga

Kapiteni wa Kiyovu Sports, Eric Serugaba, wari umaze amezi atatu n’igice adakina kubera imvune y’ukuguru kw’ubumoso, yamaze gukira ndetse azatangira imyitozo ku wa mbere w’icyumweru gitaha.

Serugaba wavunitse tariki 12/01/2013 ubwo Kiyovu Sports yakinaga an Musanze FC muri shampiyona, yadutangarije ko yamaze gukira neza, akaba azatangira imyitozo ku wa mbere tariki 29/04/2013.

Na mbere y’uko atangira imyitozo ari kumwe n’abandi bakinnyi bagenzi be, Serugaba avuga ko anakora imyitozo yoroheje ari mu rugo harimo nko gusimbuka umugozi.

Serugaba, Kapiteni wa Kiyovu Sports.
Serugaba, Kapiteni wa Kiyovu Sports.

Serugaba yari anamaze iminsi atakigendera ku mbago ndetse akaba aherutse kugaragara kuri Stade Amahoro i Remera, ubwo yafashaga abatoza ba Kiyovu Sports mu mukino bakinaga na Rayon Sports ikabatsinda ibitego 2-1.

Kuba yari amaze igihe kinini adakina, Serugaba avuga ko bizamusaba gukora cyane kugirango yongere agaruke ku rwego yari ariho mbere.

“Iyo umuntu yavunitse, bisaba gukora cyane kugirango yongere amere neza. Ubu rero biransaba imyitozo myinshi kandi nkashyiramo ingufu kugirango nsubire mu kibuga vuba, kandi ndizera ko nk’imikino itatu ya nyuma ya shampiyona nzayikina kuko nzaba meze neza”.

Serugaba yavunitse muri Mutarama uyu mwaka.
Serugaba yavunitse muri Mutarama uyu mwaka.

Serugaba uzarangiza amasezerano ye muri Kiyovu Sports mu mpera z’iyi shampiyona, avuga ko gukora cyane no gusubira ku rwego yari ariho mbere bizatuma aganira neza na Kiyovu ku bijyanye no kumwongerera amasezeranio cyangwa se akaba yanabona amakipe yandi amugura ku buryo bworoshye.

Theoneste Nisingizwe

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka