Nyuma yo gutandukana n’Umunya-Tunisia Ben Moussa, wayitoje umwaka ushize w’imikino 2025-26, iyi kipe ya Polisiy’Igihugu yamusimbuje Jaafar Ryker ufite impamyabumenyi y’ikirenga mu gutoza ya UEFA A yatangaje ibinyujije ku mbugankoranyambaga zayo akazungirizwa n’Umunya-Espagne Bakkaali Tahiri Mostafa.
Jaafar Ryker n’umutoza utamaze igihe kinini cyane muri uyu mwuga kuko yatangiriye mu ikipe ya kabiri Tanger y’iwabo muri Maroc muri 2015, akomereza muri Adrar Souss na Ait Melloul nk’umutoza mukuru mu gihe Muri 2022 yungirije umutoza Miguel Gamondi uri gutoza ikipe y’igihugu ya Tanzania mu ikipe ya Ittihad Tanger imikino irindwi.
Uyu mutoza mushya wa Police FC yakomereje muri RCA Zemamra umwaka umwe 2022/23, ahava yerekeza muri Branes umwaka umwe 2024/25, mu gihe mbere yo gutangazwa na Police FC yatozaga Arar FC yo muri Arabia Saoudite mu cyiciro cya gatatu.
Nkuko bigaragara ku rubuga rwa Transfer Market rubika amakuru muri ruhago ku bakinnyi n’abatoza, rwerekana ko uyu mutoza akunda gukinisha abakinnyi mu buryo bwa 4-2-3-1, bivuze ko yizerera mu kugarira neza ariko akanasatira neza. Byitezwe ko uyu mutoza atangiza imyitozo vuba, yitegura umwaka w’imikino wa 2026-27 aho asanze iyi kipe yaramaze gusinyisha abakinnyi batandatukanye bashya izifashisha.
National Football League
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|