Ryker Jaafar yatangajwe nk’umutoza mushya wa Police FC ‎

‎Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 21 Nyakanga 2026, ikipe ya Police FC yatangaje Umunya-Maroc Ryker Jaafar w’imyaka 55 nk’Umutoza wayo mushya mu myaka ibiri iri imbere.

‎Nyuma yo gutandukana n’Umunya-Tunisia Ben Moussa, wayitoje umwaka ushize w’imikino 2025-26, iyi kipe ya Polisiy’Igihugu yamusimbuje Jaafar Ryker ufite impamyabumenyi y’ikirenga mu gutoza ya UEFA A yatangaje ibinyujije ku mbugankoranyambaga zayo akazungirizwa n’Umunya-Espagne Bakkaali Tahiri Mostafa.

‎Jaafar Ryker n’umutoza utamaze igihe kinini cyane muri uyu mwuga kuko yatangiriye mu ikipe ya kabiri Tanger y’iwabo muri Maroc muri 2015, akomereza muri Adrar Souss na Ait Melloul nk’umutoza mukuru mu gihe Muri 2022 yungirije umutoza Miguel Gamondi uri gutoza ikipe y’igihugu ya Tanzania mu ikipe ya Ittihad Tanger imikino irindwi.

‎Uyu mutoza mushya wa Police FC yakomereje muri RCA Zemamra umwaka umwe 2022/23, ahava yerekeza muri Branes umwaka umwe 2024/25, mu gihe mbere yo gutangazwa na Police FC yatozaga Arar FC yo muri Arabia Saoudite mu cyiciro cya gatatu.

‎Nkuko bigaragara ku rubuga rwa Transfer Market rubika amakuru muri ruhago ku bakinnyi n’abatoza, rwerekana ko uyu mutoza akunda gukinisha abakinnyi mu buryo bwa 4-2-3-1, bivuze ko yizerera mu kugarira neza ariko akanasatira neza. Byitezwe ko uyu mutoza atangiza imyitozo vuba, yitegura umwaka w’imikino wa 2026-27 aho asanze iyi kipe yaramaze gusinyisha abakinnyi batandatukanye bashya izifashisha.

Umunya-Espagne Bakkaali Tahiri Mostafa uzaba wungirije
Umunya-Espagne Bakkaali Tahiri Mostafa uzaba wungirije

National Football League

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka