Igitego cya mbere cyatsinzwe na rutahizamu wa Mukura VS, Sebanani Emmanuel ‘Crespo’ naho icya kabiri gitsindwa na Kipson Atuheire wa APR FC.
Uyu mukino uje ukurikira ubanza wabereye i Kigali tariki 28/02/2012, aho amakipe yombi yanganyije igitego kimwe kuri kimwe.
Aya makipe yakinnye iyi mikino yombi mu rwego rwo gutegura imikino y’amajonjora yo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 20 kizabera muri Algeria muri 2013.
Muri iyo mikino y’amajonjora, u Rwanda ruzakina na Namibia naho Uganda ikine na Mozambique mu kwezi gutaha.
Theoneste Nisingizwe
National Football League
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|