Rwamagana City yatsinze Interforce igira icyizere cy’icyiciro cya mbere

Ikipe ya Rwamagana City yatsinze umukino ubanza wa 1/2 mu cyiciro cya kabiri, igira icyizere cyo kuzamuka mu cyiciro cya mbere

Nyuma y’impaka n’ibirego byabanjirije uyu mukino wa 1/2 mu gikombe cy’Amahoro, kera kabaye Rwamagana City na Interforce bahuriye i Rwamagana bakina umukino ubanza.

Rutahizamu wa Rwamagana City Mbanza Joshua wari wabeshyewe ko afite amakarita atatu y’umuhondo bigatuma ikipe iterwa mpaga, ni we watsindiye Rwamagana igitego cya mbere.

Igitego cya kabiri cya Rwamagana cyatsinze na Muganuza Jean Pierre, umukino urangira ari ibitego 2-0 bya Rwamagana City, umukino wo kwishyura ukazabera i Bugesera ku Cyumweru.

Ikipe izasezerera indi hagati ya Rwamagana na Interforce izahita ibona itike yo kuzamuka mu cyiciro cya mbere, izamukane na Sunrise yamaze kubona itike.

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka