
Rwamagana City FC
Mu kiganiro yagiranye na Kigali Today, Perezida w’ikipe ya Rwamagana City, Uwimana Nehemie yavuze ko basuwe n’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), rigasanga ikibuga bakoreshaga kitujuje ibisabwa.
Yagize ati "Twasuwe na FERWAFA, ikibuga twaberetse basanze kitujuje ibisabwa, tuzajya twakirira i Ngoma”.
Ikipe ya Rwamagana City FC yatangiye imyitozo ku wa kane tariki 28 Nyakanga 2022, yitegura umwaka w’imikino wa 2022-2023, stade ya Ngoma izajya iyisangira n’ikipe ya Etoile de l’Est isanzwe ihakirira, izaba ikina mu cyiciro cya kabiri.
National Football League
Ohereza igitekerezo
|