Ikipe ya Rayon Sports imaze iminsi ishakisha rutahizamu n’umukinnyi wo hagatii, ubu amakuru atugeraho aravuga ko itegereje rutahizamu w’umunya-Uganda wakiniraga ikipe ya BUL Fc yo mu cyiciro cya mbere.

Uwo ni umunya-Uganda Musa Esenu biteganyijwe ko agera mu Rwanda Saa ine n’iminota ku kibuga mpuzamahanga cya Kigali cya Kigali n’indege ya Rwandair, aho bivugwa ko yanamaze kumvikna n’iyi kipe.
Musa Esenu wanakinnye mu makipe nka Soana ( ubu yitwa Tooro United), Kampala Capital City Authority (KCCA) na Vipers, kugeza ubu hamwe na Ceaser Lobi Manzoki wa Vipers ni bo basoje imikino ibanza bayoboye abatsinze ibitego byinshi aho buri wese afite umunani.
Iyi kipe ya BUL FC Musa Esenu akinira, kugeza ubu nyuma y’imikino 15 ibanza iri ku mwanya wa kane n’amanota 24, aho iza inyuma y’amakipe nka Express, Vipers itozwa na Robertinho, ndetse n’ikipe ya KCCA iyoboye urutonde.
National Football League
Ohereza igitekerezo
|