RSSB-Tigers yatangiye neza imikino ya BAL muri Afurika yepfo

Ikipe ya RSSB-Tigers ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL i Pretoria muri Afurika Yepfo, yatangiye itsinda Al Ahly yo muri Libya

Ni umukino wabaye kuri uyu wa gatanu taliki ya 27 Werurwe mu nzu y’imikino ya SunBet Arena I Pretoria ho muri Afurika yepfo aho RSSB-Tigers yabonye intsinzi yayo ya mbere mu mateka yiri rushanwa.

Wari umukino wa mbere ufungura imikino y’agace ka Kalahari (Kalahari Conference) aho ikipe ya RSSB-Tigers ihagarariye u Rwanda muri iyi mikino yatsinze ikipe ya Al Hilal yo muri Libya amanota 103 kuri 95.

Ni umukino watangiye ikipe ya RSSB-Tigers iyoboye kugeza urangiye. Agace ka mbere Tigers yakegukanye ku manota 35 kuri 27 y’ikipe ya Al Ahly, ikipe ya Al Ahly niyo yegukanye agace ka kabiri ku manota 20 kuri 17 ya RSSB-Tigers gusa ibi ntacyo byahinduye kuko amakipe yombi yagiye kuruhuka ikipe ya Tigers iri imbere n’amanota 52 kuri 47.

Bakiva kuruhuka, ntabwo ikipe ya Tigers yoroheye ikipe ya Al Ahly kuko yongeye kwegukana aka gace ku manota 26 kuri 19 ya Al Ahly. Agace ka kane ari nako ka nyuma, ikipe ya Al Ahly yakegukanye ku manota 29 kuri 25 gusa ibi ntacyo byahinduye ku giteranyo rusange kuko umukino warangiye ikipe ya Tigers iwegukanye ku manota 103 kuri 95.

Amadou Gallo uyobora BAL ubwo yatangizaga uyu mukino
Amadou Gallo uyobora BAL ubwo yatangizaga uyu mukino

Uretse Tigers BBC, andi makipe arimo gukina Kalahari Conference ni Johannesburg Giants yo muri Afurika y’Epfo, Al Ahly Tripoli yo muri Libya, Dar City yo muri Tanzania, Nairobi City Thunder yo muri Kenya na Petro de Luanda yo muri Angola.

Amakipe ane azitwara neza muri buri tsinda, azahurira i Kigali mu Rwanda, mu mikino ya kamarampaka ya nyuma, izabera I Kigali kuva tariki ya 22 kugeza 31 Gicurasi 2026.

National Football League

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka