Ni umukino w’umunsi wa 15 wabereye kuri Kigali Pele stadium kuri iki cyumweru aho ku mpande zombi habuze uwinjiza undi i gitego maze bagabana amanota ku munsi wa nyuma w’imikino ibanza.
Ikipe ya Police FC y’umutoza Ben Moussa yasoje imikino ibanza iyoboye izindi n’amanota 34 ibitaherukaga kuri iyi kipe y’igipolisi cy’u Rwanda naho ikipe ya Kiyovu Sports y’umutoza Haringingo Francis yo igwiza amanota 27.
Police FC isoje imikino ibanza nyuma y’imikino 17 aho yatsinzemo imikino 9 inganya 7 itsindwamo umukino umwe yatsinzwemo na Bugesera igitego 1-0. Elijah Ani niwe mukinnyi wa Police usoje ufite ibitego byinshi aho afite ibitego 6.
Ikipe ya Kiyovu Sports isoje imikino ibanza n’amanota 27 aho mu mikino 17 y’igice cyibanza yatsinzemo imikino 7 inganya 6 itsindwamo imikino 4 aho yatsinze ibitego 16 yinjizwa ibitego 9 ubu ikaba izigamye ibitego 7.
Mu yindi mikino yabaye kuri iki cyumweru, ikipe ya Musanze yatsinze ikipe ya Marine FC ibitego 3-1, Bugesera yatsinze Etincelles ibitego 2-1 naho Mukura VS inganya na Al Merrikh igitego 1-1.
Mu yandi makipe yasoje imikino yayo ibanza dore ko hari abatarasoza ni Gicumbi FC, Bugesera FC, Musanze FC, Marine FC, As Kigali, Rutsiro FC ndetse na Etincelles.
Aya makipe ntarimo APR FC, Al Merrikh, Al Hilal, Mukura VS, Rayon Sports, Gasogi United, Gorilla FC, Amagaju ndetse na Muhanga zo zitarasoza imikino yazo.
National Football League
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
|
RAYON Igure neza