Kuri uyu wa Gatandatu guhera i Saa Cyenda z’amanywa kuri Stade ya Kigali I Nyamirambo, hateganyijwe umukino ubanza wa CAF Champions League uzahuza APR FC yo mu Rwanda na Gor Mahia yo muri Kenya.


Ikipe ya Gor Mahia igomba kugera mu Rwanda uyu munsi, yamaze gutangaza urutonde rw’abakinnyi berekeje mu Rwanda batagaragaramo Jules Ulimwengu wahoze akinira Rayon Sports, gusa hakaba harimo umutoza Robertinho utemerewe kwicara ku ntebe y’abatoza nyuma y’uko ibyangombwa bye byanzwe na CAF.
Urutonde Gor Mahia yazanye mu Rwanda
Abakinnyi: Bonface Oluoch, Gad Mathews, Geoffrey Ochieng, Michael Apudo, Philemon Otieno, Kelvin Wesonga, Charles Momanyi, Joachim Oluoch, Andrew Juma, Ernest Wendo, Bertrand Konfor, Kenneth Muguna, Bernard Ondiek, Cliffton Miheso, John Macharia, Samuel Onyango, Nicholas Kipkirui na Tito Okello.
Abandi:
Roberto Oliveira – Umutoza
Sameul Omollo – Umutoza
Patrick Odhiambo – Umutoza wungirije
Jolawi Obondo – Team Manager
Willis Ochieng’- Umutoza w’abanyezamu
Fredrick Otieno – Muganga w’ikipe
Victor Otieno – Logistics
Dolfina Odhiambo: Umuyobozi wa delegasiyo

National Football League
Ohereza igitekerezo
|