Abo bantu baguye mu mvururu zabaye nyuma y’umukino w’amaguru wahuje amakipe yo muri icyo cyaro hanyuma umupolisi ashaka kujya kuzihosha. Uwo mupolisi yishwe n’abakinnyi n’abafana bavuga ko bamwihimuragaho kubera urupfu rwa mugenzi wabo wishwe n’amasasu.
Ishami rya Ministeri y’ubutegetsi no kugarura amahoro ku rwego rw’intara ya Maniema rivuga ko urupfu rw’uwo mupolisi rwateje imvururu z’iminsi ibili muri ako gace, ariko amahoro yaragarutse n’ubwo abaturage bari bahunze kubera gushyamirana; nk’uko Radio Okapi yabitangaje.
Muri icyo gihugu ni gake cyane hataboneka amakimbirane mu mukino w’amaguru niyo waba ari uw’abana bato.
Pascaline Umulisa
National Football League
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|